
Bahawe ivomo ariko bakomeza kuyoboka ay’ikiyaga
Dec 17, 2024 - 10:21
Hari abaturage bo mu kagari ka Rurembo mu murenge wa Rugarama wo mu karere ka Burera begerejwe amazi meza ariko batsimbarara ku muco wo gukoresha ayo mu kiyaga cya Burera. Bavuga ko babiterwa no kuba ariyo atabamo imiti ya kizungu. Ubuyobizi bw’aka karere burashishikariza abaturage gukoresha ibikorwaremezo begerejwe bakareka amazi y’ikiyaga kuko bakuramo indwara ziterwa n’umwanda.
kwamamaza
Amazi yo mu kiyaga cya Burera bayakoresha ibikenewe byose muzima bwabo bwa buri munsi harimo kuyafuriramo, kogeramo ndetse n’ibindi…. Ndetse barangiza bakayavoma akaba ariyo aba ayo kunywa kandi baregerejwe amavomo ariko bakanga kuyavoma ngo kuko abamo imiti ya kizungu.
Umuturage umwe yabwiye Isango Star ko “aya silo, nyine ni nkuko nawe wavuga ngo ntiwanywa arimo imiti ya kizungu. Rero aya mazi meza, ubundi aba aba yanduye ntabwo yangirika! Bameseramo ariko imyanda ihita igenda! Imbata n’ibyugu byose biba birimo ariko ntiyangirika. Amazi ntabwo ahumanye! Erega tuba twarapfuye kuko nayanyweye kuva mu buto bwanjye.”
Nubwo bimeze gutya ariko ntihabura abahasiga ubuzima bagiye kuyavoma ariko ntibibuze ko bakomeza kuyoboka iyo nzira.
Undi yagize ati: “ usanga barababuze bikarangira gutyo. Usanga nabwo ari nk’umwanda mu mazi. Urayafata ukanywa! Nonese ntaba yarapfuye akaboreramo!”
“ Ariko ntacyo adutwaye kuko twakuze tuyanywa. Nubwo bavuga ko yanduza, benshi bakabaye barapfuye, barashize.”
Aya mahitamo yabo yakwerekana ko yagirwa n’abataragejejweho amazi meza. Gusa siko bimeze kuko ugeze ku mavomo bubakiwe usanga amazi ari urubogobogo. Ayo bakayatera umugongo bakayoboka ay’ikiyaga abamo n’inyamaswa zitandukanye.
Gukoresha amazi nk’aya nubwo yanduye, abaturiye aka gace bifatwa nk’umuco kuva ku bakuru n’ababakomokaho kuko bavuga ko ariyo atabatera kurwara umutwe.
Umwe ati: “twebwe dutuye hafi y’ingezi [ikiyaga] ariko ay’umugezi antera umutwe! Kandi aya ariyo twamenyereye! Ariya aba arimo silo kandi aba ameze nabi atuma munda handya.”
Gusa hari n’abanenga uyu muco wo gukomera kuri gakondo bagasana n’abateye umugongo iterambere. Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, MWANANGU Theophire, ashishikariza abaturage bo hafi y’ikiyaga cya burera gukoresha ibikorwaremezo begerezwa, kuko aho bavoma bahakura indwara ziterwa n’umwanda.
Ati: "akenshi iyo abantu badakoresheje amazi meza bishobora kubaviramo intandaro yo kurwara indwara ziterwa n'amazi mabi nyine kuko haba harimo microbes zirushaho kwangiza ubuzima bwabo. Rero inama tubagira ni iyo gukoresha ibikorwaremezo biba byabashikirijwe, ndetse no kubifata neza kugira ngo bizarambe."
Mu kibaya cyo mu kagari ka Rurembo niho abaturanye n'ikiyaga cya Burera bisanga naho ubusabe bwabo butandukanye . Hari n'ahandi tugera badutuma ko bakegerezwa ibikorwa remezo by'amazi meza kuko bo nayo bahawe hari abateyemera nk’amazi y’ingirakamaro ku mpamvu bavuga ko aba arimo imiti ya kizungu. Abandi bakavuga ko abatera umutwe,. ibi byose bishimangira ko iyo myumvire isa niyasigaye inyuma mu Rwanda rwanone, ku rundi ruhande hari n'abadashyigikiye iyi myumvire.
@Emmanuel BIZIMANA / Isango Star - Burera.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


