
Ubushyamirane bwa Israel, Amerika na Iran bukomeje guhindura isura y’Isi
Mar 16, 2026 - 13:27
Imiterere ya politiki yo mu Burasirazuba bwo hagati yahindutse cyane nyuma y’uko intambara yari isanzwe ari iy'ibanga hagati ya Israel, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ihindutse imirwano yeruye. Kuva ku ya 28 Gashyantare 2026, igihe hatangizwaga igikorwa cya gisirikare bise "Umutontomo w’Intare", aka karere kugeza ubu kamaze kwinjira mu ntambara ishobora guhindura umutekano w’isi yose.
kwamamaza
Ibyatangiye ari ubushyamirane buto, ubu byahindutse intambara ikomeye ikoresha ibifaru, misile zambukiranya imipaka, n'ibitero bikomeye byo mu kirere
Ingaruka za Gisirikare n'Urupfu rwa Ali Khamenei
Mu minsi 17 gusa iyi ntambara itangiye, ingabo za Amerika n’iza Israel zimaze kurasa ahantu hashyika ku bihumbi cumi na bitanu (15,000) muri Iran
Ibi bitero byakajije umurego nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi Mukuru wa Iran, Ali Khamenei, wiciwe mu bitero bya mbere
Ingaruka ku Bukungu n'Imibereho y'Abantu
Uretse imirwano, isi yose itangiye kuzahazwa n'ingaruka z'ubukungu, kuri ubu mu bitoro, igiciro cy'akagunguru kageze hejuru y'amadorari 100 nyuma y'ifungwa ry'umuhora wa Hormuz, ku bigendanye n'ubutabazi, Abantu barenga 850 bamaze gupfira muri Lebanon, mu gihe muri Iran abantu babarirwa muri miliyoni bamaze guta ingo zabo
Ibizakurikira muri uku guhangana nibyo bizagena imbaraga za politiki
Nubwo Perezida Donald Trump yagaragaje ko hashobora kubaho "ibiganiro", abayobozi ba Iran bo batangaje ko biteguye "intambara ndende"
Ibizakurikira muri uku guhangana nibyo bizagena imbaraga za politiki mu Burasirazuba bwo Hagati mu myaka ibarirwa muri za mirongo iri imbere
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


