U Rwanda rwoherereje Mozambique toni 20 z’ibiribwa n’imiti yo kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure

U Rwanda rwoherereje Mozambique toni 20 z’ibiribwa n’imiti yo kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure

Guverinoma y’u Rwanda, ku wa Kabiri, yatangaje ko yoherereje igihugu cya Mozambique toni 20 z’ibiribwa, imiti n’ibindi bikoresho by’ingoboka, mu rwego rwo gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’imyuzure yahitanye abantu igatuma abandi bava mu byabo.

kwamamaza

 

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Kabiri na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko iyo nkunga igamije kugoboka abaturage ba Mozambique bavanywe mu byabo n’imyuzure yibasiye iki gihugu, igahitana baamwe, benshi bakava mu byabo.

Iryo tangazo ryagiraga riti: “Guverinoma y’u Rwanda yoherereje Mozambique toni 20 zirimo ibiribwa, imiti n’ibindi bikoresho byo kugoboka iki gihugu cyibasiwe n’imyuzure yahitanye abaturage, ituma abandi bava mu byabo.”

Si ubwa mbere u Rwanda rutanze inkunga y’ubutabazi. Mu mwaka wa 2025, binyuze ku Bwami bwa Jordania, rwoherereje abaturage ba Gaza inkunga ingana na toni 40 z’ibiribwa n’imiti, igamije kubafasha mu gihe bari bugarijwe n'inzara ndetse n'ibura ry'imiti kubera intambara ya Israël na Hamas.

Gusa ubufatanye hagati y’u Rwanda na Mozambique bufite amateka maremare, aho umubano w’ibihugu byombi watangiye mu 1990, unakomeza gushimangirwa muri 2019 mu ngeri zitandukanye z’ubufatanye zirimo iz'umutekano nko muri Cabo Delgado ndetse n'ibindi.

 

kwamamaza

U Rwanda rwoherereje Mozambique toni 20 z’ibiribwa n’imiti yo kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure

U Rwanda rwoherereje Mozambique toni 20 z’ibiribwa n’imiti yo kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure

 Feb 3, 2026 - 16:08

Guverinoma y’u Rwanda, ku wa Kabiri, yatangaje ko yoherereje igihugu cya Mozambique toni 20 z’ibiribwa, imiti n’ibindi bikoresho by’ingoboka, mu rwego rwo gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’imyuzure yahitanye abantu igatuma abandi bava mu byabo.

kwamamaza

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Kabiri na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko iyo nkunga igamije kugoboka abaturage ba Mozambique bavanywe mu byabo n’imyuzure yibasiye iki gihugu, igahitana baamwe, benshi bakava mu byabo.

Iryo tangazo ryagiraga riti: “Guverinoma y’u Rwanda yoherereje Mozambique toni 20 zirimo ibiribwa, imiti n’ibindi bikoresho byo kugoboka iki gihugu cyibasiwe n’imyuzure yahitanye abaturage, ituma abandi bava mu byabo.”

Si ubwa mbere u Rwanda rutanze inkunga y’ubutabazi. Mu mwaka wa 2025, binyuze ku Bwami bwa Jordania, rwoherereje abaturage ba Gaza inkunga ingana na toni 40 z’ibiribwa n’imiti, igamije kubafasha mu gihe bari bugarijwe n'inzara ndetse n'ibura ry'imiti kubera intambara ya Israël na Hamas.

Gusa ubufatanye hagati y’u Rwanda na Mozambique bufite amateka maremare, aho umubano w’ibihugu byombi watangiye mu 1990, unakomeza gushimangirwa muri 2019 mu ngeri zitandukanye z’ubufatanye zirimo iz'umutekano nko muri Cabo Delgado ndetse n'ibindi.

kwamamaza