
Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika cya 2025, gihabwa Maroc
Mar 18, 2026 - 01:03
Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika cya 2025, gihabwa Maroc nyuma y’icyemezo cya CAF
kwamamaza
Mu cyemezo cyatunguye benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika, ikipe y’igihugu ya Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika cya 2025 yari yegukanye, nyuma yo guterwa mpaga y’ibitego 3-0, ibi byemejwe n’Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika, Confederation of African Football (CAF), nyuma y’ubujurire bwari bwatanzwe n’ikipe y’igihugu ya Maroc.
Amakuru aturuka muri CAF agaragaza ko ubujurire bwa Maroc bwari bushingiye ku makosa akomeye Sénégal yakoze mu mukino wa nyuma, harimo gukinisha umukinnyi utari wujuje ibisabwa n’amategeko agenga amarushanwa ndetse no gutinza umukino iminota 10 ubwo umukino wahagararaga nyuma ya penaliti yarihawe moroc ikaza kuyirata.
Nyuma yo gusuzuma dosiye no kumva impande zombi, Akanama k’Ubujurire kafashe umwanzuro wo gutesha agaciro intsinzi ya Sénégal, kayitera mpaga y’ibitego 3-0, bityo Igikombe gihita cyegukanwa na Maroc, Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na CAF, hagaragajwe ko iki cyemezo kigamije kubahiriza amategeko no kurinda ubusugire bw’amarushanwa ya Afurika.
Abasesenguzi b’umupira w’amaguru bavuga ko iki cyemezo gishobora kugira ingaruka zikomeye ku mupira w’amaguru muri Afurika, cyane cyane ku cyizere cy’amakipe n’abafana.
Ku ruhande rwa Sénégal, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryatangaje ko ritanyuzwe n’iki cyemezo, rikaba riri kwiga ku buryo ryakomeza kurenganura uburenganzira bwaryo mu zindi nzego zishinzwe gukemura amakimbirane.
Hagati aho, Maroc yatangaje ko yakiriye iki cyemezo nk’ubutabera bukozwe, ishimira CAF ku buryo yakemuye ikibazo mu mucyo.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


