Prezida wa Sena yakiriye Umunyamabanga Mukuru w'ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano

Prezida wa Sena yakiriye Umunyamabanga Mukuru w'ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano

Prezida wa Sena y'u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, yakiriye Dr Christophe Bernasconi, Umunyamabanga Mukuru w'Ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano mpuzamahanga (HCCH), aho baganiriye ku nyungu u Rwanda ruzakura mu kuba umunyamuryango w’iri huriro.

kwamamaza

 

U Rwanda rwabaye umunyamuryango mushya w’iri huriro - HCCH muri uyu mwaka w' 2025.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier yashimangiye ko kwinjira muri HCCH bizafasha u Rwanda mu kunoza imikoranire y’amategeko mpuzamahanga, cyane cyane mu bijyanye n’imiryango, ubucuruzi n’iyubahirizwa ry’amategeko. Yashimye ubufatanye hagati y’u Rwanda n’iri huriro. 

Dr Bernasconi na we yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere amategeko yita ku muturage. Yijeje ubufatanye mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano n’amahame y’uyu muryango.

 

kwamamaza

Prezida wa Sena yakiriye Umunyamabanga Mukuru w'ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano

Prezida wa Sena yakiriye Umunyamabanga Mukuru w'ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano

 Sep 12, 2025 - 14:25

Prezida wa Sena y'u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, yakiriye Dr Christophe Bernasconi, Umunyamabanga Mukuru w'Ihuriro rya La Haye ku mategeko mbonezamubano mpuzamahanga (HCCH), aho baganiriye ku nyungu u Rwanda ruzakura mu kuba umunyamuryango w’iri huriro.

kwamamaza

U Rwanda rwabaye umunyamuryango mushya w’iri huriro - HCCH muri uyu mwaka w' 2025.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier yashimangiye ko kwinjira muri HCCH bizafasha u Rwanda mu kunoza imikoranire y’amategeko mpuzamahanga, cyane cyane mu bijyanye n’imiryango, ubucuruzi n’iyubahirizwa ry’amategeko. Yashimye ubufatanye hagati y’u Rwanda n’iri huriro. 

Dr Bernasconi na we yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere amategeko yita ku muturage. Yijeje ubufatanye mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano n’amahame y’uyu muryango.

kwamamaza