Kujyayo nta viza uzajya usabwa: Leta y'u Rwanda yemeje amasezerano y'ubufatanye na Antigua and Barbuda

Kujyayo nta viza uzajya usabwa: Leta y'u Rwanda yemeje amasezerano y'ubufatanye na Antigua and Barbuda

Leta y’u Rwanda n’iya Antigua and Barbuda, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, bemeranya gukuriraho viza abaturage b’ibihugu byombi batunze pasiporo z’ubwoko bwose, zirimo izisanzwe n’iza dipolomasi, hagamijwe kurushaho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka ku mpande zombi.

kwamamaza

 
Ayo masezerano agizwe n’ingingo eshatu zirimo iyo gukuraho Visa ku baturage b’ibihugu byombi, iy’ubufatanye mu by’ubuzima ndetse n’igena ubufatanye mu by’ubukerarugendo.

Ni amasezerano ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Ambasaderi warwo mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngonga, mu gihe Antigua and Barbuda yari ihagarariwe na mugenzi we, Amb. Walton Webson.
Aya masezerano kandi agaragaza intambwe ikomeye mu gushimangira ubufatanye bwa dipolomasi, ubukungu, n'imibereho myiza hagati y’ibihugu byombi.

Antigua na Barbuda ni Igihugu cyo mu birwa byo mu Burasirazuba bwa Caraïbe, kigizwe n’ibirwa bibiri, ikinini giherereye mu burasirazuba bw’Inyanja ya Caraïbe, mu itsinda ry’ibirwa rizwi nka Lesser Antilles, gituwe n’abaturage barenga ibihumbi 90, aho benshi batuye ku kirwa cya Antigua kurusha Barbuda.

Iki gihugu giherereye ahahurira Inyanja ya Caraïbe n’Inyanja ya Atlantika, mu burasirazuba bwo hepfo ya Puerto Rico, kikaba kiri hafi y’ibindi bihugu nka Guadeloupe, Dominica na Saint Kitts na Nevis.

 

kwamamaza

Kujyayo nta viza uzajya usabwa: Leta y'u Rwanda yemeje amasezerano y'ubufatanye na Antigua and Barbuda

Kujyayo nta viza uzajya usabwa: Leta y'u Rwanda yemeje amasezerano y'ubufatanye na Antigua and Barbuda

 Jul 23, 2025 - 11:17

Leta y’u Rwanda n’iya Antigua and Barbuda, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, bemeranya gukuriraho viza abaturage b’ibihugu byombi batunze pasiporo z’ubwoko bwose, zirimo izisanzwe n’iza dipolomasi, hagamijwe kurushaho kubyaza umusaruro amahirwe aboneka ku mpande zombi.

kwamamaza

Ayo masezerano agizwe n’ingingo eshatu zirimo iyo gukuraho Visa ku baturage b’ibihugu byombi, iy’ubufatanye mu by’ubuzima ndetse n’igena ubufatanye mu by’ubukerarugendo.

Ni amasezerano ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Ambasaderi warwo mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngonga, mu gihe Antigua and Barbuda yari ihagarariwe na mugenzi we, Amb. Walton Webson.
Aya masezerano kandi agaragaza intambwe ikomeye mu gushimangira ubufatanye bwa dipolomasi, ubukungu, n'imibereho myiza hagati y’ibihugu byombi.

Antigua na Barbuda ni Igihugu cyo mu birwa byo mu Burasirazuba bwa Caraïbe, kigizwe n’ibirwa bibiri, ikinini giherereye mu burasirazuba bw’Inyanja ya Caraïbe, mu itsinda ry’ibirwa rizwi nka Lesser Antilles, gituwe n’abaturage barenga ibihumbi 90, aho benshi batuye ku kirwa cya Antigua kurusha Barbuda.

Iki gihugu giherereye ahahurira Inyanja ya Caraïbe n’Inyanja ya Atlantika, mu burasirazuba bwo hepfo ya Puerto Rico, kikaba kiri hafi y’ibindi bihugu nka Guadeloupe, Dominica na Saint Kitts na Nevis.

kwamamaza