Gisagara: Barasaba ko igishanga cya Rwasave gitunganywa kuko gibateza igihombo

Gisagara: Barasaba ko igishanga cya Rwasave gitunganywa kuko gibateza igihombo

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Rwasave barasaba inzego bireba kugitunganya kuko iyo imvura iguye cyuzura kikangiza umuceri, umuvu ukanica bamwe mu bahinzi imvura iba isanze mu gishanga. Ubuyobozi buvuga ko bakwiye gutegereza bihanganye ubushobozi bukaboneka kuko ikibazo kizwi kandi cyakorewe ubuvugizi.

kwamamaza

 

Umwe mu bahinga umuceri muri iki gishanga cya Rwasave, giherereye mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, ariko kikanakoreshwa n'abo mu Karere ka Huye kuko kihambuka, yeretse umunyamakuru uburyo cyangiritse. Ni igishanga kininini kandi gifite imigende itwara amazi ya gakondo, kikagira n'uturaro tw'ibiti turi hejuru y'iyo migende. Utwo abahinzi batunyuraho bataha cyangwa basarura umuceri.

Ibi ariko bitandukanye no mu bindi bishanga byatunganyijwe, kuko utu turaro n'imiyoboro itwara amazi biba bikoze neza, amazi adashobora kuzura mu mirima cyangwa atarware ubuzima bwa bamwe.

Uyu muhinzi yabwiye umunyamakuru ko “ ahubwo n’abana baragenda bakabura. Dore umwaka ushize, mu itumba, iyi Rwasave yatwaye abantu bane, barapfa, baragenda! Amazi araza akuzuraho nuko warangiza ugakandagiraho ngo ariho arashakisha nuko rugahita rumuraha rukamutwara kubera igishanga kidatunganyije neza."

Undi ati:" turahinga ariko umusaruro ntuboneka neza. Umwuzure uraza nuko umuceri ugatwarwa. Ifumbire ikigendera mu ngarani! Natwe tugwamo nyine nuko habaye agaco ariko iyo imvura yaguye."

"aha hari hateye ariko umuceri waragiye! Uriya urimo unevura arikongera gutera aho imvura yaje icamo nuko irawutwara. Igishanga gitunganyije se, urabona imvura yaza nuko igatwara imiceri? Ni igihombo, ubu cyashyikiriwe."

Basaba ko iki gihanga cya Rwasave cyuzura kikabahombya ndetse kikanatwara ubuzima bwabo, cyatunganywa bagakora bakiteza imbere.

Umwe ati: “Batunganye igishanga, imihanda, n'ibiraro."

Undi ati:"ikibazo dufite kidukomereye cyane ni ibirato kuko byatumaze bitwicira abantu! Umwana araza kwahira nuko akanyerera. Hari n'uwaguye ku kiraro kiri hepfo hariya ...nuko ahita apfa, umwana muto rwose wiga mu wa kane,  turamushyingura. Ubu rero turasaba ko batunganya iki gishanga nuko umuntu akajya yambuka cyangwa akaza gukora mu kabande ariko afite ahantu anyura."

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa SAVE, Sibomana Damien, avuga  ko abahinzi  bakwiye gutegeteza bihanganye, ubushobozi bukaboneka kuko ikibazo kizwi, kandi cyanakorerwe ubuvugizi.

Yagize ati:"ikibazo turacyizi kandi yakorewe ubuvugizi. Buriya igitegerejwe ni uko haboneka badget anyuma bigashyirwa mu bikorwa." 

Bitewe n'uko ubuso bw'iki gishanga ari kinini, hari bamwe mu bayobozi batari abatekenisiye bajya bakigeraho nuko barebesha amaso bakavuga ko gitunganyije, ariko bitari ibyo.

Bavuga ko bidindiza itunganwa ryacyo, abahinzi bagahera mu gihiraho.

@ RUKUNDO Emmanuel/Isango Star-Huye.

 

 

kwamamaza

Gisagara: Barasaba ko igishanga cya Rwasave gitunganywa kuko gibateza igihombo

Gisagara: Barasaba ko igishanga cya Rwasave gitunganywa kuko gibateza igihombo

 Feb 17, 2025 - 12:26

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Rwasave barasaba inzego bireba kugitunganya kuko iyo imvura iguye cyuzura kikangiza umuceri, umuvu ukanica bamwe mu bahinzi imvura iba isanze mu gishanga. Ubuyobozi buvuga ko bakwiye gutegereza bihanganye ubushobozi bukaboneka kuko ikibazo kizwi kandi cyakorewe ubuvugizi.

kwamamaza

Umwe mu bahinga umuceri muri iki gishanga cya Rwasave, giherereye mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, ariko kikanakoreshwa n'abo mu Karere ka Huye kuko kihambuka, yeretse umunyamakuru uburyo cyangiritse. Ni igishanga kininini kandi gifite imigende itwara amazi ya gakondo, kikagira n'uturaro tw'ibiti turi hejuru y'iyo migende. Utwo abahinzi batunyuraho bataha cyangwa basarura umuceri.

Ibi ariko bitandukanye no mu bindi bishanga byatunganyijwe, kuko utu turaro n'imiyoboro itwara amazi biba bikoze neza, amazi adashobora kuzura mu mirima cyangwa atarware ubuzima bwa bamwe.

Uyu muhinzi yabwiye umunyamakuru ko “ ahubwo n’abana baragenda bakabura. Dore umwaka ushize, mu itumba, iyi Rwasave yatwaye abantu bane, barapfa, baragenda! Amazi araza akuzuraho nuko warangiza ugakandagiraho ngo ariho arashakisha nuko rugahita rumuraha rukamutwara kubera igishanga kidatunganyije neza."

Undi ati:" turahinga ariko umusaruro ntuboneka neza. Umwuzure uraza nuko umuceri ugatwarwa. Ifumbire ikigendera mu ngarani! Natwe tugwamo nyine nuko habaye agaco ariko iyo imvura yaguye."

"aha hari hateye ariko umuceri waragiye! Uriya urimo unevura arikongera gutera aho imvura yaje icamo nuko irawutwara. Igishanga gitunganyije se, urabona imvura yaza nuko igatwara imiceri? Ni igihombo, ubu cyashyikiriwe."

Basaba ko iki gihanga cya Rwasave cyuzura kikabahombya ndetse kikanatwara ubuzima bwabo, cyatunganywa bagakora bakiteza imbere.

Umwe ati: “Batunganye igishanga, imihanda, n'ibiraro."

Undi ati:"ikibazo dufite kidukomereye cyane ni ibirato kuko byatumaze bitwicira abantu! Umwana araza kwahira nuko akanyerera. Hari n'uwaguye ku kiraro kiri hepfo hariya ...nuko ahita apfa, umwana muto rwose wiga mu wa kane,  turamushyingura. Ubu rero turasaba ko batunganya iki gishanga nuko umuntu akajya yambuka cyangwa akaza gukora mu kabande ariko afite ahantu anyura."

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa SAVE, Sibomana Damien, avuga  ko abahinzi  bakwiye gutegeteza bihanganye, ubushobozi bukaboneka kuko ikibazo kizwi, kandi cyanakorerwe ubuvugizi.

Yagize ati:"ikibazo turacyizi kandi yakorewe ubuvugizi. Buriya igitegerejwe ni uko haboneka badget anyuma bigashyirwa mu bikorwa." 

Bitewe n'uko ubuso bw'iki gishanga ari kinini, hari bamwe mu bayobozi batari abatekenisiye bajya bakigeraho nuko barebesha amaso bakavuga ko gitunganyije, ariko bitari ibyo.

Bavuga ko bidindiza itunganwa ryacyo, abahinzi bagahera mu gihiraho.

@ RUKUNDO Emmanuel/Isango Star-Huye.

 

kwamamaza