Ebola: Impungenge zikomeje kwiyongera, Centrafrique igiye gukaza umutekano ku mipaka yayo na RDC

Ebola: Impungenge zikomeje kwiyongera, Centrafrique igiye gukaza umutekano ku mipaka yayo na RDC

Mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihugu cya Repubulika ya Centrafrique cyatangaje ko cyakajije ingamba zo kugenzura ku mipaka no gutegura inzego z’ubuzima n’umutekano, mu rwego rwo gukumira ko icyo cyorezo cyagera ku butaka bwacyo.

kwamamaza

 

Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika ya Centrafrique yatangaje ko yamaze gutegeka inzego zose z’ubuzima n’umutekano kongera ibikorwa byo gukurikirana ibyorezo, gutahura abanduye hakiri kare no gutanga amakuru yihuse, cyane cyane mu duce twegereye RDC nka Obo, Zemio na Mboki.

Ibi bije mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko abantu barenga 900 bakekwaho kuba baranduye Ebola muri RDC, mu gihe abagera kuri 220 bamaze guhitanwa na cyo.

Imibare iheruka igaragaza ko muri RDC mu ntara eshatu ziri mu burasirazuba bw’icyo gihugu ari zo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo hamaze kuboneka abantu bashya 101 bemejwe ko banduye Ebola ndetse n’impfu 10.

Ku rundi ruhande, ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC) cyagaragaje ko nibura ibihugu 10 byo muri Afurika bishobora kugerwaho n’ingaruka z’iki cyorezo, kubera urujya n’uruza rwambukiranya imipaka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Bangui ku Cyumweru, Minisitiri w’Ubuzima w’agateganyo muri Centrafrique, Ernest Mada, yavuze ko igihugu cye cyashyizeho ingamba zishingiye ku nkingi eshatu zirimo gukaza igenzura ry’ibyorezo ku butaka bwose bw’igihugu, kurinda ibyambu n’imipaka bishobora kunyurwamo n’icyorezo, ndetse no gukangurira abaturage n’inzego zitandukanye gufatanya mu guhangana na Ebola.

Yavuze kandi ko ubushobozi bwo gupima no gusuzuma virusi ya Ebola buri kongerwa ku bufatanye n’Ikigo Pasteur cya Bangui n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ndetse ko ibikoresho byose bikenewe mu gusuzuma iyi ndwara byamaze kugera muri icyo kigo kugira ngo habeho ubutabazi bwihuse mu gihe hagaragaye umuntu ukekwaho kuyandura.

RDC yatangaje ku wa 15 Gicurasi (05) ko yongeye kwibasirwa na Ebola iterwa na virusi ya Bundibugyo, ubwoko bwa virusi butarabonera urukingo cyangwa umuti wihariye kugeza ubu. OMS ivuga ko iyi virusi ishobora guhitana kugera kuri 50% by’abayanduye, ari na yo mpamvu yamaze gutangaza impuruza mpuzamahanga ku buzima.

@RFI

 

kwamamaza

Ebola: Impungenge zikomeje kwiyongera, Centrafrique igiye gukaza umutekano ku mipaka yayo na RDC

Ebola: Impungenge zikomeje kwiyongera, Centrafrique igiye gukaza umutekano ku mipaka yayo na RDC

 May 25, 2026 - 12:01

Mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihugu cya Repubulika ya Centrafrique cyatangaje ko cyakajije ingamba zo kugenzura ku mipaka no gutegura inzego z’ubuzima n’umutekano, mu rwego rwo gukumira ko icyo cyorezo cyagera ku butaka bwacyo.

kwamamaza

Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika ya Centrafrique yatangaje ko yamaze gutegeka inzego zose z’ubuzima n’umutekano kongera ibikorwa byo gukurikirana ibyorezo, gutahura abanduye hakiri kare no gutanga amakuru yihuse, cyane cyane mu duce twegereye RDC nka Obo, Zemio na Mboki.

Ibi bije mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko abantu barenga 900 bakekwaho kuba baranduye Ebola muri RDC, mu gihe abagera kuri 220 bamaze guhitanwa na cyo.

Imibare iheruka igaragaza ko muri RDC mu ntara eshatu ziri mu burasirazuba bw’icyo gihugu ari zo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo hamaze kuboneka abantu bashya 101 bemejwe ko banduye Ebola ndetse n’impfu 10.

Ku rundi ruhande, ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa CDC) cyagaragaje ko nibura ibihugu 10 byo muri Afurika bishobora kugerwaho n’ingaruka z’iki cyorezo, kubera urujya n’uruza rwambukiranya imipaka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Bangui ku Cyumweru, Minisitiri w’Ubuzima w’agateganyo muri Centrafrique, Ernest Mada, yavuze ko igihugu cye cyashyizeho ingamba zishingiye ku nkingi eshatu zirimo gukaza igenzura ry’ibyorezo ku butaka bwose bw’igihugu, kurinda ibyambu n’imipaka bishobora kunyurwamo n’icyorezo, ndetse no gukangurira abaturage n’inzego zitandukanye gufatanya mu guhangana na Ebola.

Yavuze kandi ko ubushobozi bwo gupima no gusuzuma virusi ya Ebola buri kongerwa ku bufatanye n’Ikigo Pasteur cya Bangui n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ndetse ko ibikoresho byose bikenewe mu gusuzuma iyi ndwara byamaze kugera muri icyo kigo kugira ngo habeho ubutabazi bwihuse mu gihe hagaragaye umuntu ukekwaho kuyandura.

RDC yatangaje ku wa 15 Gicurasi (05) ko yongeye kwibasirwa na Ebola iterwa na virusi ya Bundibugyo, ubwoko bwa virusi butarabonera urukingo cyangwa umuti wihariye kugeza ubu. OMS ivuga ko iyi virusi ishobora guhitana kugera kuri 50% by’abayanduye, ari na yo mpamvu yamaze gutangaza impuruza mpuzamahanga ku buzima.

@RFI

kwamamaza