Ruhango: Iterambere ry'imishinga y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yabongereye icyizere

Ruhango: Iterambere ry'imishinga y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yabongereye icyizere

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bahawe amafaranga na Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu, yo gukora imishinga mito ibyara inyungu, baravuga ko imibereho yabo y'ubu itandukanye n'iya mbere kuko bashobora kwibonera ibyibanze bakenera mu buzima. Nimugihe mbere batabibonaga ahubwo bari baraheranywe n'agahinda.

kwamamaza

 

IRIBAGIZA Angelique ni umwe mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi, utuye muri aka karere ka Ruhango. Yagejeje umushinga we w'ubucuruzi muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu, irawemera imuha 500,000 Frw maze nawe atangira ubucuruzi.

Aganira n'isango Star, yavuze ko ubu hari impinduka nziza zaje mu mibereho ye n'abagize umuryango we kuko ababonera iby'ibanze, ibitandukanye na mbere. 

Ati:" baduhaye amafaranga ibihumbi 500, urebye ahantu boutique yanjye yari igeze urabona ko 500 arenga. Muby'ukuri njyewe ndayiahima cyane Leta y'ubumwe."

MUKANTWARI Marie Rose we yari azi kudoda imyenda ariko yarabuze ubushobozi bwo kugura imashini akoresha. Ni cyo kimwe na mugenzi we AYINKAMIYE Claudine nawe warokotse jenoside yakorewe abatutsi, wahoraga yumva yakorora inkoko ariko yarabuze ubushobozi.

Bombi imishinga barayikoze ndetse Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu ibaha amafaranga baratangira, bibafasha kwiyubaka.

AYINKAMIYE avuga ko" baramfasha bampa iyo nkunga. Narimfite umushinga w'ubworozi bw'inkoko, ndatangira. Icyiciro cya mbere cy'amafaranga barayampa, ndashora, ndubaka utuzu tw'inkoko ariko ubu mu bigaragara ndabona ko umushinga wanjye hari aho uri kungeza. Ndetse mfite intego yo kugera hejuru kurusha. Ubu natangiye kubona amagi."

MUKANTWARI nawe ati:" numvaga ndi mu bwigunge, nta kintu na kimwe nzavuga ko nakuyemo. Ariko uyu mushinga ukimara kumpa amafaranga nkaguramo imashini, byanyeretse yuko nkomeye, byanyeretse yuko mfite umuryango unyitaho kandi wamenyeye ejo hazaza hanjye."

Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Ruhango, Me NYANDWI Bernard, avuga ko uko iminsi ihita indi igataha, imibereho y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi igenda irushaho kuba myiza bigizwemo uruhare na gahunda za leta zirimo n'iyi nkunga yo kwiteza imbere bahabwa na MINUBUMWE.

Ati:" igikorwa gikorwa na Leta y'ubumwe bw'Abanyarwanda mu gufasha, mu kuzamura Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi. Ushobora kumuzamura ukamukura aho yarari."

Imishinga iterwa inkunga iyo imaze kwemerwa, buri umwe uhabwa amafaranga y'u Rwanda ari hagati ya 350,000 na 500,000. Ni mu gihe muri aka karere ka Ruhango, mu mwaka w'ingego y'imari wa 2023-2024 binyuze muri ubu buryo mu bufatanyane na MINUBUMWE, hatewe inkunga imishinga 98 y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yatwaye asaga 47,000,000 Frw.

Biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa 2024-2025, imishinga igera 101 izaterwa inkunga, igatwara asaga 49,000,000 Frw.

RUKUNDO Emmanuel/ Isango Star-Amajyepfo.

 

kwamamaza

Ruhango: Iterambere ry'imishinga y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yabongereye icyizere

Ruhango: Iterambere ry'imishinga y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yabongereye icyizere

 Apr 25, 2025 - 11:20

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bahawe amafaranga na Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu, yo gukora imishinga mito ibyara inyungu, baravuga ko imibereho yabo y'ubu itandukanye n'iya mbere kuko bashobora kwibonera ibyibanze bakenera mu buzima. Nimugihe mbere batabibonaga ahubwo bari baraheranywe n'agahinda.

kwamamaza

IRIBAGIZA Angelique ni umwe mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi, utuye muri aka karere ka Ruhango. Yagejeje umushinga we w'ubucuruzi muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu, irawemera imuha 500,000 Frw maze nawe atangira ubucuruzi.

Aganira n'isango Star, yavuze ko ubu hari impinduka nziza zaje mu mibereho ye n'abagize umuryango we kuko ababonera iby'ibanze, ibitandukanye na mbere. 

Ati:" baduhaye amafaranga ibihumbi 500, urebye ahantu boutique yanjye yari igeze urabona ko 500 arenga. Muby'ukuri njyewe ndayiahima cyane Leta y'ubumwe."

MUKANTWARI Marie Rose we yari azi kudoda imyenda ariko yarabuze ubushobozi bwo kugura imashini akoresha. Ni cyo kimwe na mugenzi we AYINKAMIYE Claudine nawe warokotse jenoside yakorewe abatutsi, wahoraga yumva yakorora inkoko ariko yarabuze ubushobozi.

Bombi imishinga barayikoze ndetse Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'inshingano Mboneragihugu ibaha amafaranga baratangira, bibafasha kwiyubaka.

AYINKAMIYE avuga ko" baramfasha bampa iyo nkunga. Narimfite umushinga w'ubworozi bw'inkoko, ndatangira. Icyiciro cya mbere cy'amafaranga barayampa, ndashora, ndubaka utuzu tw'inkoko ariko ubu mu bigaragara ndabona ko umushinga wanjye hari aho uri kungeza. Ndetse mfite intego yo kugera hejuru kurusha. Ubu natangiye kubona amagi."

MUKANTWARI nawe ati:" numvaga ndi mu bwigunge, nta kintu na kimwe nzavuga ko nakuyemo. Ariko uyu mushinga ukimara kumpa amafaranga nkaguramo imashini, byanyeretse yuko nkomeye, byanyeretse yuko mfite umuryango unyitaho kandi wamenyeye ejo hazaza hanjye."

Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Ruhango, Me NYANDWI Bernard, avuga ko uko iminsi ihita indi igataha, imibereho y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi igenda irushaho kuba myiza bigizwemo uruhare na gahunda za leta zirimo n'iyi nkunga yo kwiteza imbere bahabwa na MINUBUMWE.

Ati:" igikorwa gikorwa na Leta y'ubumwe bw'Abanyarwanda mu gufasha, mu kuzamura Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi. Ushobora kumuzamura ukamukura aho yarari."

Imishinga iterwa inkunga iyo imaze kwemerwa, buri umwe uhabwa amafaranga y'u Rwanda ari hagati ya 350,000 na 500,000. Ni mu gihe muri aka karere ka Ruhango, mu mwaka w'ingego y'imari wa 2023-2024 binyuze muri ubu buryo mu bufatanyane na MINUBUMWE, hatewe inkunga imishinga 98 y'abarokotse jenoside yakorewe abatutsi yatwaye asaga 47,000,000 Frw.

Biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa 2024-2025, imishinga igera 101 izaterwa inkunga, igatwara asaga 49,000,000 Frw.

RUKUNDO Emmanuel/ Isango Star-Amajyepfo.

kwamamaza