
Hari abavuga ko babangamiwe n'ubushyuhe budasanzwe, Meteo Rwanda irabahumuriza
Mar 2, 2025 - 11:12
Muri iyi minsi hari ibice by'igihugu abaturage bavuga ko bumva ubushyuhe budasanzwe ndetse bukiyongera cyane mu gihe cy’ijoro, aho basaba inzego zibishinzwe gusuzuma zikareba niba ntakibazo cyabayeho cyangwa ingaruka zishobora kugira.
kwamamaza
Ababarizwa mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko bahangayikishijwe n’ubushyuhe bwinshi buriho muri iyi minsi ariko bukongera ubukana mu gihe cya nijoro kuko bavuga ko abiyorosa muri ayo masaha usanga ari mbarwa.
Aba baturage bavuga ko bafite impungenge z’ingaruka bishobora guteza ariko bakizera ko vuba aha imvura ishobora gutonyanga bikagabanya ubwo bushyuhe bukabije bwibasiye abantu.
Ikigo cy’iteganyagihe Meteo Rwanda kivuga ko ubu bushyuhe budakwiye guhangayikisha nubwo bubangamye ariko ko ari ubusanzwe kuko bwigeze bubaho mu myaka yatambutse.
Kiti " Ibi si ubwa mbere bibaye mu Rwanda, kuko mu myaka yo ha mbere ibihe nk'ibi by'ubushyuhe bwinshi byagiye bigaragara mu kwezi kwa Gashyantare. Ibipimo by'ubushyuhe buri hejuru kandi bijya binagaragara mu ntangiriro z'ukwezi kwa Werurwe. Iteganyagihe ry'igice cya mbere (kuva taliki 1 kugeza kuya 10) Werurwe 2025, riragaragaza ko ubu bushyuhe buzagabanuka mu ntangiriro za Werurwe kuva tariki ya 4 Werurwe 2025".
Nkuko iteganyagihe ry’iminsi icumi (21-28 Gashyantare 2025), ryasohotse kuwa 20 Gashyantare 2025, ryerekanaga ko mu bice byinshi by’igihugu hari hateganyije ko ubushyuhe buziyongera ndetse hakaba naho bwari buteganyijwe kugera kuri dogere selisiyusi (°c) 34.
Ubu bushyuhe bukaba bwaratewe ahanini n’inkubi y’umuyaga yahawe izina rya “honde” iherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bw’inyanja y’abahinde, yakururaga imiyaga ishyushye ituruka mu bice by’amajyaruguru y’Afurika, bigatuma ubuhehere bw’umwuka bugabanuka mu gice duherereyemo.
Ibi si ubwa mbere bibaye mu Rwanda, kuko mu myaka yo hambere ibihe nk’ibi by’ubushyuhe bwinshi byagiye bigaragara mu kwezi kwa Gashyantare, urugero ku itariki ya 2/2/1973 na 22/2/2005 ndetse ko ubu bushyuhe buri ahatandukanye ku isi yose.
Inkuru ya Berwa Gakuba Prudence / Isango Star Kigali
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


