Urukiko rwo muri Afurika y'Epfo rwafunguye inzira yo kongera gusuzuma ikirego cyo kweguza Perezida Ramaphosa

Urukiko rwo muri Afurika y'Epfo rwafunguye inzira yo kongera gusuzuma ikirego cyo kweguza Perezida Ramaphosa

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yongeye gushyirwa mu bibazo bya politiki nyuma y’uko Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga rutesheje agaciro icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko cyari cyahagaritse gahunda yo gusuzuma niba yakweguzwa, rushingiye ku birego bimushinja ubujura bw’ibihumbi by'amadolari yasanzwe mu mutungo we.

kwamamaza

 

Urukiko rushinzwe kurengera itegeko Nshinga rwo muri Afurika y’Epfo ku wa 8 Gicurasi (05) 2026, rwatesheje agaciro icyemezo cyafashwe n'Inteko Ishinga Amategeko muri 2022 cyo guhagarika iperereza ku kweguza Perezida Cyril Ramaphosa, ruvuga ko kinyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Ramaphosa yashinjwaga kutamenyesha polisi n’ikigo cy’imisoro ubujura bw’amadolari ibihumbi yari abitse mu mutungo we wa Phala Phala.

Muri uwo mwaka, komisiyo yihariye y’Inteko yari yagaragaje ko ashobora kuba yararenze ku mategeko. Icyakora, Inteko yari ifite ubwiganze bw’ishyaka rye rya ANC yahise itora ihagarika uko kweguzwa. Urukiko rwavuze ko iyo myanzuro nta gaciro ifite kandi ivanyweho.

Iki cyemezo cyakurikiye ikirego cyatanzwe n’abarimo ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya EFF riyobowe na Julius Malema.

 

kwamamaza

Urukiko rwo muri Afurika y'Epfo rwafunguye inzira yo kongera gusuzuma ikirego cyo kweguza Perezida Ramaphosa

Urukiko rwo muri Afurika y'Epfo rwafunguye inzira yo kongera gusuzuma ikirego cyo kweguza Perezida Ramaphosa

 May 8, 2026 - 14:02

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yongeye gushyirwa mu bibazo bya politiki nyuma y’uko Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga rutesheje agaciro icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko cyari cyahagaritse gahunda yo gusuzuma niba yakweguzwa, rushingiye ku birego bimushinja ubujura bw’ibihumbi by'amadolari yasanzwe mu mutungo we.

kwamamaza

Urukiko rushinzwe kurengera itegeko Nshinga rwo muri Afurika y’Epfo ku wa 8 Gicurasi (05) 2026, rwatesheje agaciro icyemezo cyafashwe n'Inteko Ishinga Amategeko muri 2022 cyo guhagarika iperereza ku kweguza Perezida Cyril Ramaphosa, ruvuga ko kinyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Ramaphosa yashinjwaga kutamenyesha polisi n’ikigo cy’imisoro ubujura bw’amadolari ibihumbi yari abitse mu mutungo we wa Phala Phala.

Muri uwo mwaka, komisiyo yihariye y’Inteko yari yagaragaje ko ashobora kuba yararenze ku mategeko. Icyakora, Inteko yari ifite ubwiganze bw’ishyaka rye rya ANC yahise itora ihagarika uko kweguzwa. Urukiko rwavuze ko iyo myanzuro nta gaciro ifite kandi ivanyweho.

Iki cyemezo cyakurikiye ikirego cyatanzwe n’abarimo ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya EFF riyobowe na Julius Malema.

kwamamaza