Umutoza wa Marine FC yagaragaje kutishimira imisifurire mu mukino APR FC yanganyijemo na Marine FC

Umutoza wa Marine FC yagaragaje kutishimira imisifurire mu mukino APR FC  yanganyijemo na Marine FC

Ikipe ya APR FC yanganyije na Marine FC ibitego 2-2 mu mukino w’Umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Sitade Umuganda kuri uyu wa Gatandatu, umutoza wa Marine FC yikoma imisifurire

kwamamaza

 

Uyu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi ku mpande zombi, aho amakipe yombi yatsinze ibitego bibiri buri imwe mu mukino wakurikiwe cyane n’abafana baya makipe bari babukereye, Iyi ntsinzi itabonetse kuri APR FC yatumye igumana amanota 43 ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona, iyi kipe yambara umukara n’umweru irushwa amanota abiri na Al Hilal SC iri ku mwanya wa mbere, ibyo bituma ihangana ryo gushaka igikombe cya shampiyona rikomeza gukomera mu mikino isigaye.

Nyuma y’umukino, umutoza wa Marine FC, Rwasamanzi Yves, yagaragaje kutishimira imisifurire yabaye muri uyu mukino, aho Yavuze ko hari ibyemezo byafashwe n’abasifuzi bitanyuze ikipe ye, aho yagarutse ku musifuzi wari mu kibuga hagati agira ati “Uriya mwari, Aline, ni umuhanga cyane ku bintu yakoze, Imana izabimuhembere.”

Aho akomeza avuga ko ikipe ye yirangaye kuko yari yatangite neza umukino mu gice cya mbere ati: Twatangiye umukino turi hejuru ya APR FC kandi n’umusaruro w’ibyavuye mu gice cya mbere urabigaragaza, yaba mu busatirizi no mu bwugarizi ndetse tubona n’ibitego bibiri.”

nubwo umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota ku ruhande rwa Marine FC, yakomeje kuguma ku mwanya wa cyenda n’amanota 29 nyuma yo kubona inota rimwe muri uyu mukino wabereye i Rubavu, indi mikino yabaye ku munsi wa 23 wa Rwanda Premier League Bugesera FC 2-1 Kiyovu Sports
Gasogi United FC 0-0 Rutsiro FC
Musanze FC 0-1 Mukura VS

Shampiyona y’u Rwanda ikomeje gukomera uko igana ku musozo, aho amakipe akomeje guhatanira imyanya ya mbere ndetse n’ashaka kwirinda kujya mu myanya ishobora kuyamanura mu cyiciro cya kabiri.

 

kwamamaza

Umutoza wa Marine FC yagaragaje kutishimira imisifurire mu mukino APR FC  yanganyijemo na Marine FC

Umutoza wa Marine FC yagaragaje kutishimira imisifurire mu mukino APR FC yanganyijemo na Marine FC

 Mar 8, 2026 - 01:54

Ikipe ya APR FC yanganyije na Marine FC ibitego 2-2 mu mukino w’Umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Sitade Umuganda kuri uyu wa Gatandatu, umutoza wa Marine FC yikoma imisifurire

kwamamaza

Uyu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi ku mpande zombi, aho amakipe yombi yatsinze ibitego bibiri buri imwe mu mukino wakurikiwe cyane n’abafana baya makipe bari babukereye, Iyi ntsinzi itabonetse kuri APR FC yatumye igumana amanota 43 ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona, iyi kipe yambara umukara n’umweru irushwa amanota abiri na Al Hilal SC iri ku mwanya wa mbere, ibyo bituma ihangana ryo gushaka igikombe cya shampiyona rikomeza gukomera mu mikino isigaye.

Nyuma y’umukino, umutoza wa Marine FC, Rwasamanzi Yves, yagaragaje kutishimira imisifurire yabaye muri uyu mukino, aho Yavuze ko hari ibyemezo byafashwe n’abasifuzi bitanyuze ikipe ye, aho yagarutse ku musifuzi wari mu kibuga hagati agira ati “Uriya mwari, Aline, ni umuhanga cyane ku bintu yakoze, Imana izabimuhembere.”

Aho akomeza avuga ko ikipe ye yirangaye kuko yari yatangite neza umukino mu gice cya mbere ati: Twatangiye umukino turi hejuru ya APR FC kandi n’umusaruro w’ibyavuye mu gice cya mbere urabigaragaza, yaba mu busatirizi no mu bwugarizi ndetse tubona n’ibitego bibiri.”

nubwo umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota ku ruhande rwa Marine FC, yakomeje kuguma ku mwanya wa cyenda n’amanota 29 nyuma yo kubona inota rimwe muri uyu mukino wabereye i Rubavu, indi mikino yabaye ku munsi wa 23 wa Rwanda Premier League Bugesera FC 2-1 Kiyovu Sports
Gasogi United FC 0-0 Rutsiro FC
Musanze FC 0-1 Mukura VS

Shampiyona y’u Rwanda ikomeje gukomera uko igana ku musozo, aho amakipe akomeje guhatanira imyanya ya mbere ndetse n’ashaka kwirinda kujya mu myanya ishobora kuyamanura mu cyiciro cya kabiri.

kwamamaza