Volleyball: POLICE VC yanditse amateka igana ku mukino wa nyuma wa shampiyona nyafurika

Volleyball: POLICE VC yanditse amateka igana ku mukino wa nyuma wa shampiyona nyafurika

Ikipe ya Police VC yanditse amateka akomeye mu mukino wa Volleyball mu Rwanda, aho ibaye iya mbere yo mu rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo.

kwamamaza

 

Ibi yabigezeho nyuma yo gutsinda mukeba wayo REG VC amaseti 3-1 (25-20, 22-25, 25-17, 25-21) mu mukino wa 1/2 wabaye ugaragaza imbaraga n’ishyaka ku mpande zombi, Police VC yagaragaje urwego rwo hejuru mu mikinire yayo, by’umwihariko mu maseti ya mbere, iya gatatu n’iya kane, aho yitwaye neza mu kugarira no gusatira, bituma ibona intsinzi idashidikanywaho.
Mu mukino wa nyuma, Police VC izahura n’ikipe izava hagati ya Al Ahly na Petrojet zo mu Misiri, zitegerejwe gukina undi mukino wa 1/2 uzagena uzahatanira igikombe.

Umukino wa nyuma utegerejwe n’abatari bake uzaba ku wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2025, ukazabera muri BK Arena, aho abafana bitezwe kuzitabira ari benshi bashyigikira iyi kipe ihagarariye u Rwanda, iyi ntsinzi ya Police VC ni intambwe ikomeye muri Volleyball mu Rwanda, igaragaza iterambere ry’uyu mukino no guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Ibi kandi bije byiyongera ku kuba aya makipe yombi REG VC na POLICE VC arizo kipe nubundi ziri guhataniri igikombe cya Shampiyona y'Urwanda muri volleyball ya 2026, aho zimaze gukina imikino ibiri yose yatsinze na POLICE VC.

 

kwamamaza

Volleyball: POLICE VC yanditse amateka igana ku mukino wa nyuma wa shampiyona nyafurika

Volleyball: POLICE VC yanditse amateka igana ku mukino wa nyuma wa shampiyona nyafurika

 May 1, 2026 - 23:37

Ikipe ya Police VC yanditse amateka akomeye mu mukino wa Volleyball mu Rwanda, aho ibaye iya mbere yo mu rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo.

kwamamaza

Ibi yabigezeho nyuma yo gutsinda mukeba wayo REG VC amaseti 3-1 (25-20, 22-25, 25-17, 25-21) mu mukino wa 1/2 wabaye ugaragaza imbaraga n’ishyaka ku mpande zombi, Police VC yagaragaje urwego rwo hejuru mu mikinire yayo, by’umwihariko mu maseti ya mbere, iya gatatu n’iya kane, aho yitwaye neza mu kugarira no gusatira, bituma ibona intsinzi idashidikanywaho.
Mu mukino wa nyuma, Police VC izahura n’ikipe izava hagati ya Al Ahly na Petrojet zo mu Misiri, zitegerejwe gukina undi mukino wa 1/2 uzagena uzahatanira igikombe.

Umukino wa nyuma utegerejwe n’abatari bake uzaba ku wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2025, ukazabera muri BK Arena, aho abafana bitezwe kuzitabira ari benshi bashyigikira iyi kipe ihagarariye u Rwanda, iyi ntsinzi ya Police VC ni intambwe ikomeye muri Volleyball mu Rwanda, igaragaza iterambere ry’uyu mukino no guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Ibi kandi bije byiyongera ku kuba aya makipe yombi REG VC na POLICE VC arizo kipe nubundi ziri guhataniri igikombe cya Shampiyona y'Urwanda muri volleyball ya 2026, aho zimaze gukina imikino ibiri yose yatsinze na POLICE VC.

kwamamaza