RDC- AFC/M23:  Hasabwe ko ingabo za MONUSCO zoherezwa Uvira mu kugenzura agahenge

RDC- AFC/M23:  Hasabwe ko ingabo za MONUSCO zoherezwa Uvira mu kugenzura agahenge
Zimwe mu ngabo za MONUSCO zisanzwe muri RDC

Mu nama yabereye i Doha muri Qatar ihuje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’Ihuriro AFC/M23, hasabwe ko ingabo za Loni ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri RDC (MONUSCO) zoherezwa mu Mujyi wa Uvira kugira ngo zikurikirane iyubahirizwa ry’agahenge. Ni mu gihe impande zombi zongeye kwemeza ubushake bwo gushyigikira inzira y’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC bumaze igihe mu ntambara.

kwamamaza

 

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko iki cyemezo cyafatiwe mu nama yiswe Ceasefire Oversight and Verification Mechanism, igamije kugenzura no kwemeza iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya RDC na AFC/M23. Qatar yakiriye iyo nama nk’umuhuza mu makimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC, aho impande zombi zahuriye mu murongo wo gushaka ibisubizo birambye by’amahoro.

Muri iyo nama, hasobanuwe ko kohereza ingabo za MONUSCO muri Uvira bizafasha mu kugenzura uko agahenge kubahirizwa ku mpande zombi, no mu kunoza uburyo bwo guhanahana amakuru hagamijwe gukumira imirwano. Hasabwe kandi gushyiraho imiyoboro y’itumanaho yizewe izafasha mu bikorwa by’ubugenzuzi no mu gutanga amakuru ku gihe.

Qatar yatangaje kandi ko Leta ya RDC n’Ihuriro AFC/M23 byashyize umukono ku nyandiko ikubiyemo imirongo migari igena ibibazo bikwiriye kuganirwaho n’uburyo bigomba kuganirwaho. Iyo nyandiko yemejwe n’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), igamije gushyiraho urufatiro rw’ibiganiro biganisha ku mahoro arambye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa 2 Gashyantare (02) 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko impande zombi zavuguruye ibyanye n' ubushake bwo guhagarika imirwano ndetse n' amahame yashyizweho umukono ku wa 15 Ugushyingo (11) 2025 i Doha.

Iyo minisiteri yagize iti: “Impande zombi zemeje ubushake bwazo bwo gushyira mu bikorwa ibisabwa byose byemeranyijweho mu gushyigikira amasezerano y’amahoro.”

Iyo nama yitabiriwe n’abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’indorerezi, na Togo nk’umuhuza wagenwe na AU. Yitabiriwe kandi n’abahagarariye MONUSCO na ICGLR, basuzumye uruhare rw’izi nzego mu kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge no kubungabunga amahoro.

Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukuboza (12) 2025 Ihuriro AFC/M23 ryari ryatangaje ko ryafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, ariko abarwwanyi baryo ba nyuma bakawuvamo ku wa 17 Mutarama (01) 2026. AFC/M23 ivuga ko kuva muri uwo mujyi byatewe n’ubusabe bw’umuryango mpuzamahanga, igashimangira ko ishyize imbere amahoro, mu gihe ishinja Leta ya RDC gukomeza inzira y’intambara. I mu gihe imirwano ukomeje muri teritwari ya Fizi, muri Minembwe.

 

kwamamaza

RDC- AFC/M23:  Hasabwe ko ingabo za MONUSCO zoherezwa Uvira mu kugenzura agahenge
Zimwe mu ngabo za MONUSCO zisanzwe muri RDC

RDC- AFC/M23:  Hasabwe ko ingabo za MONUSCO zoherezwa Uvira mu kugenzura agahenge

 Feb 3, 2026 - 09:16

Mu nama yabereye i Doha muri Qatar ihuje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’Ihuriro AFC/M23, hasabwe ko ingabo za Loni ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri RDC (MONUSCO) zoherezwa mu Mujyi wa Uvira kugira ngo zikurikirane iyubahirizwa ry’agahenge. Ni mu gihe impande zombi zongeye kwemeza ubushake bwo gushyigikira inzira y’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC bumaze igihe mu ntambara.

kwamamaza

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko iki cyemezo cyafatiwe mu nama yiswe Ceasefire Oversight and Verification Mechanism, igamije kugenzura no kwemeza iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya RDC na AFC/M23. Qatar yakiriye iyo nama nk’umuhuza mu makimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC, aho impande zombi zahuriye mu murongo wo gushaka ibisubizo birambye by’amahoro.

Muri iyo nama, hasobanuwe ko kohereza ingabo za MONUSCO muri Uvira bizafasha mu kugenzura uko agahenge kubahirizwa ku mpande zombi, no mu kunoza uburyo bwo guhanahana amakuru hagamijwe gukumira imirwano. Hasabwe kandi gushyiraho imiyoboro y’itumanaho yizewe izafasha mu bikorwa by’ubugenzuzi no mu gutanga amakuru ku gihe.

Qatar yatangaje kandi ko Leta ya RDC n’Ihuriro AFC/M23 byashyize umukono ku nyandiko ikubiyemo imirongo migari igena ibibazo bikwiriye kuganirwaho n’uburyo bigomba kuganirwaho. Iyo nyandiko yemejwe n’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), igamije gushyiraho urufatiro rw’ibiganiro biganisha ku mahoro arambye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa 2 Gashyantare (02) 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko impande zombi zavuguruye ibyanye n' ubushake bwo guhagarika imirwano ndetse n' amahame yashyizweho umukono ku wa 15 Ugushyingo (11) 2025 i Doha.

Iyo minisiteri yagize iti: “Impande zombi zemeje ubushake bwazo bwo gushyira mu bikorwa ibisabwa byose byemeranyijweho mu gushyigikira amasezerano y’amahoro.”

Iyo nama yitabiriwe n’abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’indorerezi, na Togo nk’umuhuza wagenwe na AU. Yitabiriwe kandi n’abahagarariye MONUSCO na ICGLR, basuzumye uruhare rw’izi nzego mu kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge no kubungabunga amahoro.

Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukuboza (12) 2025 Ihuriro AFC/M23 ryari ryatangaje ko ryafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, ariko abarwwanyi baryo ba nyuma bakawuvamo ku wa 17 Mutarama (01) 2026. AFC/M23 ivuga ko kuva muri uwo mujyi byatewe n’ubusabe bw’umuryango mpuzamahanga, igashimangira ko ishyize imbere amahoro, mu gihe ishinja Leta ya RDC gukomeza inzira y’intambara. I mu gihe imirwano ukomeje muri teritwari ya Fizi, muri Minembwe.

kwamamaza