
Nyagatare: Bakora ibishoboka ngo birinde Malaria, ariko bikanga bakayirwara
Apr 23, 2025 - 15:24
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Ndama, mu murenge wa Karangazi, mu karere ka Nyagatare kibasiwe na Malaria, bavuga ko nubwo bakora ibishoboka byose ngo bayirinde, bakomeza kuyirwara. Bakeka ko biterwa n’amazi abikwa mu madamushiti ziri hafi y’ingo zabo.
kwamamaza
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bwemera ko ayo madamushiti ari imwe mu mpamvu zituma malaria yiyongera, ariko bwasabye aborozi ko bashyira ayo madamushiti kure y’ingo, ahari ifamu (farm) z'inka.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko muri ako kagari ka Ndama habayeho ubwiyongere bukabije bw’abandura malaria. Bamwe mu batuye aka gace bavuga ko barara mu nzitiramibu, bakanakuraho ahantu hashobora kuba indiri y’imibu, nyamara ntibibabuze kurwara.
Umwe mu baturage yagize ati: “Mu kwirinda, dufite inzitiramibu tuyimanika mu cyumba, tugakinga amadirishya igihe cyose bugorobye.”
Undi muturage na we yagize ati: “Mfite umuryango w’abantu icyenda, ariko nta n’umwe utarigeze arwara malaria. Iyo umwe ayirwaye, nyuma gato usanga n’abandi bayirwaye. Iyo umwe agiye kwa muganga, agaruka asanga undi yarwaye.”
Bavuga ko za damushiti benshi bazifite hafi y’ingo, bigatuma imibu yororokera muri ayo mazi.
Umwe ati: “za damushiti benshi barazifite. Ahantu dutuye hari ikintu cy'ikizenga cy'igikiri kigira n'imibu cyane kuko hari ukuntu amazi y'imvura amanukiramo, ubwo mu gihe cy'izuba niho umubu uba ugangitse, nta handi."
Ingabire David, umujyanama w’ubuzima mu kagari ka Ndama, avuga ko abenshi mu barwayi ba malaria bavura baba batuye hafi y’ingo zibitse amazi y’inka mu madamushiti.
Ati: “impamvu nyamukuru iri gutuma malaria iboneka muri aka gace ntuyemo: amafam ni ay'aborozi ariko baba bafitemo amadamu. Kandi amazi ni indiri y'imibu. Ayo mazi niyo ashobora gutuma imibu yororoka ikagera ku muturage. Haba harimo umubu witwa Anopheles ushobora gukwirakwiza malaria."

Murekatete Juliette, umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Nyagatare, yemera ko hari ubwiyongere bwa malaria mu murenge wa Karangazi. Avuga ko imwe mu mpamvu ari amazi abikwa mu madamushiti ziri hafi y’ingo.
Yagize ati: “hari aho twasangaga koko urugo rwegereye damushiti. Ugasanga hari n'abafata amazi ku nzu akameneka ajya muri ya damushiti. Urumva ya damushiti nta buryo bwo kuyifunga buhari. Uwo tumugira inama yo kuyijyana mu ifamu.... Hari aho byakemuwe birakora, ugasanga kandi hari umuti byatanze, umuntu yarakize kandi ntiyanduza abandi."
Yakomeje avuga ko ubuyobozi buri gukora ubukangurambaga bwegera abaturage, harimo n’uburyo bwa House to House, hagamijwe ko abaturage bamenya neza malaria n’uburyo bwo kuyirinda.
Ati: “Ubukangurambaga turimo bwa House to House, dukeneye kugera kuri buri muntu. Tukageraho mu nteko atari ukubabwira ngo mwirinde malaria, ahubwo no kubigisha Malaria bakayimenya."
Epaphrodite Habanabakize, umukozi wa RBC ushinzwe ubwirinzi mu ishami rishinzwe kurwanya malaria, avuga ko kurwanya malaria bireba buri wese. Asaba abaturage kugira uruhare mu rugamba rwo kuyirwanya, bubahiriza amabwiriza bahabwa n’inzego z’ubuzima.
Imibare itangazwa n'ubuyobozi bw'Akarere ka Nyagatare igaragaza ko mu myaka ibiri ishize (2023 na 2024), malaria yahitanye abantu batandatu, ni ukuvuga batatu buri mwaka.
Mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka wa 2025, abarwaye malaria bari 4,808, ariko bagabanutse mu kwezi kwakurikiyeho bakagera ku 4,665. Ibi byerekana ko hari intambwe iri guterwa mu kuyirwanya.
Djamali Habarurema / Isango Star – Nyagatare
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


