Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye iby'amavuriro ya Ebola yatangajwe na Amerika

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye iby'amavuriro ya Ebola yatangajwe na Amerika

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye amakuru yatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko hari gahunda yo gushyiraho amavuriro agera kuri 50 yo kuvura Ebola muri Uganda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ivuga ko itigeze iganirizwa kuri icyo gikorwa ndetse ko itazi aho ayo mavuriro yaba azashyirwa  ndetse itugarijwe n'iki cyorezo.

kwamamaza

 

Ibi byakurikiye itangazo rya Amerika rivuga ko igiye gutanga inkunga yihuse yo gushyigikira ibikorwa byo kurwanya Ebola mu bice byibasiwe muri RDC na Uganda, harimo kubaka ibigo byita ku barwayi, gutanga ibikoresho byo kwirinda no kongera ubushobozi bw’ubutabazi ku rwego rw’ibanze.

Mu butumwa bwasohowe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, yifashishije urubuga rwayo rwa X, yavuze ko kugeza ubu igihugu gifite abantu babiri gusa banduye Ebola baturutse hanze yacyo; umwe yapfuye undi akaba ari kwitabwaho kandi ari koroherwa.

Iyo Minisiteri yavuze kandi ko abantu 10 bakekwaho Ebola basanze batayirwaye, ishimangira ko nta bwandu buri gukwirakwira imbere mu gihugu ndetse ko Uganda igitekanye.

Hagati aho, raporo y’ibikorwa byo guhangana na Ebola yasohotse ku wa 18 Gicurasi 2026 n'ishami ry'umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (WHO/OMS),  igaragaza ko abantu 528 bakekwaho kwandura Ebola bamaze kuboneka muri RDC na Uganda, barimo 132 bamaze guhitanwa na yo.

Muri abo, abantu 668 bamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye cyangwa abakekwaho kuba baranduye, barimo 541 muri RDC na 127 muri Uganda, nubwo ibikorwa byo kubakurikirana bikomeje kugorana mu bice bimwe bya RDC kubera ibibazo by’umutekano muke ndetse no kuba hamwe hagoranye kuhagera.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryatangaje ko ibikorwa byo gushakisha abanduye, kubapima no gukurikirana abo bahuye na bo biri kongerwamo imbaraga mu bihugu byombi.

Abahanga 38, barimo 20 bo muri Minisiteri y’Ubuzima ya RDC na 18 ba WHO, bamaze koherezwa i Bunia gufasha ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.

Hanoherejwe kandi toni zirenga 17 z’ibikoresho by’ubutabazi birimo imyambaro y’abaganga bikingira, imiti, amahema, ibitanda by’abarwayi n’ibindi bikoresho byo kwa muganga.

WHO inavuga ko iri gukorana n’imiryango irimo ALIMA, ishyirahamwe ry'abaganga batagira imipaka (MSF), IOM na Croix-Rouge mu gushyiraho ibigo byita ku barwayi no gukaza ibikorwa byo gukangurira abaturage kugira uruhare mu gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Nubwo Uganda yavuze ko igihugu kigitekanye, Amerika yasabye abakozi bayo kugabanya ingendo zitari ngombwa mu burengerazuba bwa Uganda no kwitondera gusura ibigo nderabuzima kubera ibyago byo kwandura Ebola.

 

kwamamaza

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye iby'amavuriro ya Ebola yatangajwe na Amerika

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye iby'amavuriro ya Ebola yatangajwe na Amerika

 May 21, 2026 - 10:28

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yahakanye amakuru yatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko hari gahunda yo gushyiraho amavuriro agera kuri 50 yo kuvura Ebola muri Uganda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ivuga ko itigeze iganirizwa kuri icyo gikorwa ndetse ko itazi aho ayo mavuriro yaba azashyirwa  ndetse itugarijwe n'iki cyorezo.

kwamamaza

Ibi byakurikiye itangazo rya Amerika rivuga ko igiye gutanga inkunga yihuse yo gushyigikira ibikorwa byo kurwanya Ebola mu bice byibasiwe muri RDC na Uganda, harimo kubaka ibigo byita ku barwayi, gutanga ibikoresho byo kwirinda no kongera ubushobozi bw’ubutabazi ku rwego rw’ibanze.

Mu butumwa bwasohowe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, yifashishije urubuga rwayo rwa X, yavuze ko kugeza ubu igihugu gifite abantu babiri gusa banduye Ebola baturutse hanze yacyo; umwe yapfuye undi akaba ari kwitabwaho kandi ari koroherwa.

Iyo Minisiteri yavuze kandi ko abantu 10 bakekwaho Ebola basanze batayirwaye, ishimangira ko nta bwandu buri gukwirakwira imbere mu gihugu ndetse ko Uganda igitekanye.

Hagati aho, raporo y’ibikorwa byo guhangana na Ebola yasohotse ku wa 18 Gicurasi 2026 n'ishami ry'umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (WHO/OMS),  igaragaza ko abantu 528 bakekwaho kwandura Ebola bamaze kuboneka muri RDC na Uganda, barimo 132 bamaze guhitanwa na yo.

Muri abo, abantu 668 bamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye cyangwa abakekwaho kuba baranduye, barimo 541 muri RDC na 127 muri Uganda, nubwo ibikorwa byo kubakurikirana bikomeje kugorana mu bice bimwe bya RDC kubera ibibazo by’umutekano muke ndetse no kuba hamwe hagoranye kuhagera.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryatangaje ko ibikorwa byo gushakisha abanduye, kubapima no gukurikirana abo bahuye na bo biri kongerwamo imbaraga mu bihugu byombi.

Abahanga 38, barimo 20 bo muri Minisiteri y’Ubuzima ya RDC na 18 ba WHO, bamaze koherezwa i Bunia gufasha ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo.

Hanoherejwe kandi toni zirenga 17 z’ibikoresho by’ubutabazi birimo imyambaro y’abaganga bikingira, imiti, amahema, ibitanda by’abarwayi n’ibindi bikoresho byo kwa muganga.

WHO inavuga ko iri gukorana n’imiryango irimo ALIMA, ishyirahamwe ry'abaganga batagira imipaka (MSF), IOM na Croix-Rouge mu gushyiraho ibigo byita ku barwayi no gukaza ibikorwa byo gukangurira abaturage kugira uruhare mu gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Nubwo Uganda yavuze ko igihugu kigitekanye, Amerika yasabye abakozi bayo kugabanya ingendo zitari ngombwa mu burengerazuba bwa Uganda no kwitondera gusura ibigo nderabuzima kubera ibyago byo kwandura Ebola.

kwamamaza