
Kirehe: Abirukanwe mu gihugu cya Tanzania barasaba ibyangombwa by'ubutaka batujwemo
Oct 15, 2024 - 08:26
Abirukanwe mu gihugu cya Tanzania batujwe mu kagari ka Rubimba mu karere ka Kirehe, bavuga ko bijejwe ibyangombwa by’ubutaka none ngo imyaka ibaye 11 batarabihabwa, bagasaba ko babihabwa bakabasha kubyifashisha biteza imbere.
kwamamaza
Abatujwe mu kagari ka Rubimba mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe mu 2013, nyuma y’uko bari birukanwe mu gihugu cya Tanzania. Bavuga ko batujwe muri aka kagari bizezwa ko nibamara imyaka irindwi bazahabwa ibyangombwa by’ubutaka ariko ngo hashize imyaka 11 bategereje ko babihabwa amaso yaheze mu kirere.
Ngo ibi byatumye batabasha kuvugurura inzu batujwemo ndetse no kuba basaba inguzanyo mu bigo by’imari ngo biteze imbere.
Umwe ati "tuva Tanzania batugiriye neza baratwakira baduha aho kuryama turishima ariko kugeza ubu ntabwo dufite umuriro, ntidufite ibyangombwa by'ubutaka, tujya gusaba ubufasha bakaduca amazi".
Undi ati "twari dufitanye amasezerano ko nitumara imyaka 7 ko bazaduha ibyangombwa none kugeza nubu ntabyo turabona, turabibutsa bakatubwira ko akarere kazabiduha none kugeza n'ubu ntabyo tubona kandi n'umuriro ntawo dufite".
Kuri bo ngo kuba inzu barimo zaratangiye kubasarizaho ndetse bakaba bakeneye amazi n’amashanyarazi kandi umuntu abibona ari uko afite icyangombwa cy’ubutaka, barasaba ko babihabwa kugira ngo babashe kuzivugurura ndetse banabashe kubona amazi n’amashanyarazi.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe Rangira Bruno, yabwiye Isango Star ko icyatumye badahabwa ibyangombwa ari uko hari hagikorwa isuzuma ngo harebwe niba abari muri ayo mazu aribo yanditseho, bityo abizeza ko ibyangombwa by’amasambu yabo bazabibona bitarenze iki cyumweru.
Ati "hari harimo kureba abatujwemo n'igihe baturijwe ko abarimo ariyo bahawe ni icyo cyabitindije ariko turimo turabisoza ku buryo mu gihe cya vuba cyane twaba twabahaye igisubizo muri iki cyumweru kubera ko tumaze iminsi tubikoraho".
Aba baturage birukanwe mu gihugu cya Tanzania bagatuzwa mu kagari ka Rubimba mu nzu bubakiwe na Leta, bavuga ko baramutse babonye ibyangombwa by’amasambu yabo byatuma babasha kwiteza imbere bakareka kuba umutwaro kuri Leta ari nako bibafasha kuva mu cyiciro cy’abafashwa ahubwo nabo bakigira.
Inkuru ya Djamali Habarurema / Isango Star Kirehe
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


