
Barasaba ko ahaboneka imibiri y'abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi yajya hashyirwa ikimenyetso
Apr 4, 2025 - 06:40
Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi 1994, barasaba ko ahakurwa imibiri hose hajya hashyirwa ikimenyetso. Ninyuma yuko mu ngo ebyiri zo mu kagali ka Matyazo hamaze gukurwa imibiri isaga 258, ndetse ibikorwa byo gushaka indi biracyakomeje. Ubuyobozi bwa Ibuka mu karere ka Huye buvuga ko abarokotse bakwiye gukomeza kwiyubaka, ntibacibwe intege no kuba amakuru y’ahakiri imibiri idatangwa uko biri.
kwamamaza
Ibi byatangajwe nyuma yuko mu Kagari ka Matyazo mu Mudugudu wa Rulenda, mu rugo rw'uwitwa Kanamugire Calixte na Ntirushwamaboko Marie Providence, habonetse imibiri y’abatutsi bishwe muri jenoside muri 1994, aho ibikorwa byo kuyishakisha bikomeje.
Kugeza ubu, imibiri yabonetse yakuwe mu isambu irimo urutoki iri munsi y'urugo no mu byobo bifata amazi, indi ikurwa mu nkengero z'umusingi w'inzu, bakaba bateganya no kuyisenya.
Indi mibiri yabonetse mu Mudugudu wa Kamucuzi, mu mbuga y'umuturage utakihaba, kuko abahari ubu ari abahaguze, mugihe abandi ngo bagiye hanze y'igihugu.

Imibiri yose hamwe imaze kuboneka muri izo ngo ebyiri isaga 258, mugihe ibikorwa byo kuyishakisha bigikomeje.
Umuturage umwe waganiriye n’Isango Star, yagize ati: “ni ukuri kw’Imana twabaga mu gikari, Data wacu yari muri palafo, iwacu bari babarangije....”
Uyu mubyeyi, hamwe na bagenzi be, basaba ko hakoreshwa uburyo bwose maze amakuru y'ahakiri imibiri agatangwa kuko bishoboka ko haba hari imibiri y'abatutsi myinshi itashyingurwa mu cyubiro, cyane ko aha mu Matyazo ngo hari bariyeri ebyiri zicirwagaho abatutsi.
Umwe yagize ati: “aha tuzi ko hari bariyeri kandi haguye abantu benshi. Iwacu mu rugo hapfuye abantu 8. Njyewe simbyumva kuko umuntu aba agomba kuvugisha ukuri, akavuga aho abantu bari kugira ngo bashingurwe kimwe n’abandi.”

Undi ati: “amakuru yamenyekanye hakoreshejwe imbaraga nyinshi cyane, noneho twiha gahunda yo guhinga hariya mwabonye. Duhinga nk’abahinga mu murima ariko twabonye ibitangaza kuko twahakuye abantu 173, urumva ko bari barahishe ukuri mu buryo bugaragara. Ubu rero muri make bikaba byaratubabaje, na n’uyu munsi bikaba bikitubabaza kuko niba abantu bashaka ngo tugirane ubumwe n’ubwiyunge, bagasenyera ku mugozi umwe nk’abanyarwanda bamwe, bakagombye kutubwiza ukuri tukabona abacu.”

Bifuza ko ahagenda hakurwa iyi mibiri, hashyirwa ibimenyetso by'amateka, umwe ati: “natunguwe no kumva hava abantu bangana uko! Bagomba kuhashyira ikimenyetso kubera yuko havuye abantu bacu.”
Undi ati: “twifuza yuko igihe cyose, aho twabakuye hajya hajya ikimenyetso cyabo bantu bacu bazize jenoside. Cyane ko aho twagiye tubona henshi, bagiye banabubakiraho.”
Iyi mibiri yabonetse nyuma y'aho mu mwaka ushinze mu Kagari ka Ngoma gahana imbibi n’aka Matyazo, mu rugo rw'umuturage habonetse imibiri y'abatutsi irenga 2000 yarayubakiye hejuru
SIBOYINTORE Theodat; Perezida wa Ibuka mu Karere ka Huye, avuga ko abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bakwiye kudacibwa intege intege no kuba amakuru y'ahakiri imibiri adatangwa uko biri, ahubwo bagakomeza kwiyubaka.
Yagize ati: “uburyo amakuru atangwamo ntabwo bushimishije. Turashimira abagerageza kuyaduha. Mu cyumweru cyashije bari abantu 237, ariko ubu hamaze kwiyongeraho 21. Ni ugukomeza gusaba abashobora kuba bazi ahajugunwe imibiri, gutanga amakuru abantu bagashyingurwa mu cyubahiro bakwiriye.”
Yongeraho ko “ubutumwa naha abarokotse jenoside ni ubwo gukomera, ntibacibwe intege n’ibyo tugenda duhura nabyo, ni ugukomeza kwiyubaka, abo twabonye tuzabashyingure mu cyubahiro bambuwe.”

Muri izi ngo ebyiri habonetse imibiri: rumwe ni urwo kwa Kanamugire Calixte uzwi ku izina rya super ariko watabarutse, na Ntirushwamaboko Marie Providence bari barashakanye. Uyu mugore we ari mu maboko y'ubugenzacyaha buri gukora iperereza. Naho mu rundi naho hari abantu bashya baguze ariko batari bazi amakuru y'iyo mibiri y'abatutsi yahabonetse.
@ RUKUNDO Emmanuel/Isango Star-Huye.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


