
Afurika y’Epfo: Umuhungu wa Robert Mugabe akurikiranyweho kugerageza kwica umuntu
Feb 20, 2026 - 10:22
Polisi ya Afurika y’Epfo yataye muri yombi Bellarmine Mugabe, umuhungu muto wa nyakwigendera Perezida Robert Mugabe wayoboye Zimbabwe imyaka 37, imukurikiranyeho icyaha cyo kugerageza kwica umuntu. Ni nyuma y’iraswa ryabereye i Hyde Park mu mujyi wa Johannesburg, rigasiga umugabo w’imyaka 23 ukora mu busitani bwaho arashwe ndetse arembye cyane. Ibi byabaye mu mpera z’iki cyumweru, bituma hatangira iperereza rikomeye ku byabaye ndetse n’aho imbunda yakoreshejwe iherereye.
kwamamaza
Bellarmine Mugabe w’imyaka 28 yafatiwe mu nzu yaracumbitsermo iherereye i Hyde Park. Polisi yatangaje ko mu isaka ryahakorewe habonetse amasasu gusa (bullet cartridges), ariko imbunda ntiyaboneka. Hari undi mugabo watawe muri yombi, gusa iperereza riracyakomeje.
Umuvugizi wa Polisi, Col Dimakatso Nevhuhulwi, yavuze ko uwarashwe yakomeretse arimo kwitabwaho n’abaganga kandi ameze nabi cyane nyuma yo kuraswa isasu rimwe. Yongeyeho ko abakekwa bataragaragaza aho imbunda iherereye kandi nta makuru arambuye baratangariza inzego ziri gukora iperereza.

Nubwo polisi itaratangaza amazina y’abafashwe ku mugaragaro, abanyamakuru bari aho byabereye babonye Bellarmine Mugabe yambitswe amapingu. Ni mu gihe polisi y'iki gihugu ivuga ko abafashwe bombi bitezwe kugezwa imbere y’urukiko mu gihe cya vuba.
Bellarmine Chatunga Mugabe niwe muhungu muto wa Grace Mugabe na nyakwigendera Robert Mugabe wategetse Zimbabwe imyaka 37, agahatirwa kuva ku butegetsi mu 2017 ndetse akitaba Imana 2019.

@BBC
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


