
Tanzania: Umwuka mubi wiyongereye mbere y’urubanza rwa Tundu Lissu ukurikiranyweho ubugambanyi
Apr 22, 2025 - 18:22
Muri Tanzania, haravugwa umwuka mubi muri politiki mbere y’urubanza rwa Tundu Lissu, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Chadema, uteganyijwe ku wa 24 Mata (04) 2025 mu rukiko rwa Kisutu i Dar es Salaam. Lissu yafashwe ku wa 9 Mata (04) nyuma y’inama hamwe n’abandi bayoboke b’ishyaka rye, akaba akurikiranyweho gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma no gushishikariza abaturage kutitabira amatora, ibyo ashinjwa nk’ubugambanyi bushobora kumukururira igihano cy’urupfu.
kwamamaza
Uru rubanza ruje nyuma y’uko Komisiyo y’Amatora ya Tanzania yirukanye Chadema mu matora ya perezida ateganyijwe muri Ukwakira( 10), ivuga ko ishyaka ryanzwe gusinya ku mategeko ngenga y’amatora. Chadema ivuga ko yabikoze kubera ko Komisiyo yananiwe gusubiza ku byifuzo by’amavugurura yasabye.
Ishyaka ryatangaje ko ritazacika intege mu rugamba rwa politiki, kandi John Heche, visi perezida waryo, yasabye abaturage kuza kuri uru rukiko ku wa Kane bagashyigikira Lissu mu mahoro, avuga ko ashinjwa ibihimbano.
Amnesty International yasabye ko Lissu arekurwa nta yandi mananiza, ivuga ko afunzwe mu gihe ubwisanzure bwa politiki buri gukandamizwa. Iri shyirahamwe ryagaragaje ko abantu bane banenze ubutegetsi bashimuswe, undi umwe aricwa mu 2024. Polisi kandi ishinjwa gukoresha imbaraga z’umurengera, kwirukana abitabiriye inama z’ishyaka n’ubufatanyabikorwa bushingiye kuri politiki.
Human Rights Watch na Vanguard Africa bemeza ko iyi myitwarire ya Leta igaragaza ko amatora yo mu Ukwakira (10) ashobora kudatanga umusaruro urimo ubwisanzure n’ubutabera.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


