Intara ya Kivu y'Epfo yagaragajwe nk'isibaniro ry’ikibazo cy’abavuyr mu byabo muri RDC

Intara ya Kivu y'Epfo yagaragajwe nk'isibaniro ry’ikibazo cy’abavuyr mu byabo muri RDC

Intara yyaKivu y'Epfo yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri mu bibazo bikomeye by’ubutabazi, aho abarenga miliyoni 2.4 bavuye mu byabo bayihungiyemo bitewe n’imirwano ikomeje gufata indi ntera, nk’uko byemezwa n'ishami ry'umuryango w'Abibumbye ushyinzwe uburenganzira bwa muntu (OCHA).

kwamamaza

 

Raporo iheruka ya OCHA igaragaza ko Intara ya Kivu y'Epfo ari yo yonyine icumbikiye hafi 44% by’impunzi miliyoni 5.61 bavuye mu byabo bagahungira imbere muri RDC. Ibi bituma iyi ntara iza ku mwanya wa mbere  zibasiwe n’iki kibazo.

Mu mezi ya Mutarama (01) na Gashyantare (02) 2026, abantu barenga ibihumbi 300 barahunze, bava mu ngo zabo, ahanini bavuye mu ntara za Kivu y'Epfo, iya Ruguru ndetse na Tanganyika. Ibi byatewe n’iyongera ry’imirwano hagati y’imitwe yitwaje intwaro n'ingabo za FARDC ikomeje guteza umutekano muke no gusenya ubuzima bw’abaturage.

Nubwo umutekano ukomeje kuba muke, hari bamwe mu bavuye mu byabo bagenda basubira iwabo, cyane cyane igihe habonetse agahenge k’igihe gito.  OCHA yatangaje ko mu ntara ya Kivu y'Epfo  bangaba na 67% naho Kivu ya Ruguru bangana na 20% by’abasubira mu byabo, kandi bigaragaza ko abaturage bagerageza kongera kubaho mu buzima busanzwe nubwo bitaborohera.

Icyakora, Radio okapi ivuga ko abasubira mu byabo basanga ubuzima bukiri bubi, aho benshi baba badafite aho kuba, ibiribwa bihagije cyangwa serivisi z’ibanze, mu gihe ibikorwa remezo byinshi biba byarangijwe n' intambara.

Ku rundi ruhande, ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ziri mu bihugu by’abaturanyi nka Burundi ntikirabonerwa umuti urambye. Abenshi muri bo bifuza gutaha bagitegereje ko hashyirwaho amasezerano ahuriweho hagati ya RDC, u Burundi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR.

@Radio Okapi

 

kwamamaza

Intara ya Kivu y'Epfo yagaragajwe nk'isibaniro ry’ikibazo cy’abavuyr mu byabo muri RDC

Intara ya Kivu y'Epfo yagaragajwe nk'isibaniro ry’ikibazo cy’abavuyr mu byabo muri RDC

 Apr 13, 2026 - 14:33

Intara yyaKivu y'Epfo yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri mu bibazo bikomeye by’ubutabazi, aho abarenga miliyoni 2.4 bavuye mu byabo bayihungiyemo bitewe n’imirwano ikomeje gufata indi ntera, nk’uko byemezwa n'ishami ry'umuryango w'Abibumbye ushyinzwe uburenganzira bwa muntu (OCHA).

kwamamaza

Raporo iheruka ya OCHA igaragaza ko Intara ya Kivu y'Epfo ari yo yonyine icumbikiye hafi 44% by’impunzi miliyoni 5.61 bavuye mu byabo bagahungira imbere muri RDC. Ibi bituma iyi ntara iza ku mwanya wa mbere  zibasiwe n’iki kibazo.

Mu mezi ya Mutarama (01) na Gashyantare (02) 2026, abantu barenga ibihumbi 300 barahunze, bava mu ngo zabo, ahanini bavuye mu ntara za Kivu y'Epfo, iya Ruguru ndetse na Tanganyika. Ibi byatewe n’iyongera ry’imirwano hagati y’imitwe yitwaje intwaro n'ingabo za FARDC ikomeje guteza umutekano muke no gusenya ubuzima bw’abaturage.

Nubwo umutekano ukomeje kuba muke, hari bamwe mu bavuye mu byabo bagenda basubira iwabo, cyane cyane igihe habonetse agahenge k’igihe gito.  OCHA yatangaje ko mu ntara ya Kivu y'Epfo  bangaba na 67% naho Kivu ya Ruguru bangana na 20% by’abasubira mu byabo, kandi bigaragaza ko abaturage bagerageza kongera kubaho mu buzima busanzwe nubwo bitaborohera.

Icyakora, Radio okapi ivuga ko abasubira mu byabo basanga ubuzima bukiri bubi, aho benshi baba badafite aho kuba, ibiribwa bihagije cyangwa serivisi z’ibanze, mu gihe ibikorwa remezo byinshi biba byarangijwe n' intambara.

Ku rundi ruhande, ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ziri mu bihugu by’abaturanyi nka Burundi ntikirabonerwa umuti urambye. Abenshi muri bo bifuza gutaha bagitegereje ko hashyirwaho amasezerano ahuriweho hagati ya RDC, u Burundi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR.

@Radio Okapi

kwamamaza