
Imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yatumye abarenga 40,000 bahunga ingo zabo
Apr 10, 2026 - 11:06
Abarenga 40,000 bamaze guhunga bava mu ngo zabo kuva ku wa 8 Mata (04) 2026, nyuma y’imirwano ikaze yabaye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo mu bice bya Masisi (Nord-Kivu) na Kalehe (Sud-Kivu) muri RDC, aho abaturage bahungiye i Walikale mu bihe bikomeye, bigateza impungenge zihungabanya rikomeye ry’ubutabazi.
kwamamaza
Imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo yakomeje gufata indi ntera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iteza umutekano muke no guhunga gukomeye kw’abaturage.
Iyi mirwano yatangiye ku wa Gatatu tariki ya 8 Mata (04) 2026 mu gace ka Tushunguti, ku wa Kane igera mu bice bya Batayo na Kimole muri Kalehe (Sud-Kivu), ndetse no muri Bindo-Bindo muri Masisi (Nord-Kivu). Amakuru ava mu nzego z’ibanze agaragaza ko AFC/M23 yagabye ibitero icyarimwe ku mitwe ya Wazalendo.
Imirwano ikaze yatumye abaturage benshi batangira guhunga, berekeza mu duce twa Lulambo na Biriko muri Walikale. Icyakora, bahuye n'akaga gakomeye, aho ikiraro cy’imigozi cya Kaholo cyasenyutse kubera ubwinshi bw’abari bakirimo bitangira kugora ab'intege nke barimo abana, abakecuru n'abasaza batari bashoboye kwambuka uruzi n'amaguru kandi amazi afite umuvuduko ukomeye bishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.
Abahagarariye sosiyete sivile bagaragaza ko ubuzima bw’aba baturage buri mu kaga, cyane ko aka gace gasanzwe kibasirwa n’intambara z’urudaca. Basabye ko imirwano yahagarara byihuse kugira ngo hirindwe ikibazo gikomeye cy’ubutabazi.
Ni mu gihe Radio Okapi ivuga ko kuwa Kane mu ggitondol habaye imirwano yakoreshejwemo intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba bwinshi, bigatuma n'abaturage bari basigaye bahunga.
Intarambara muri Kivu y'Epfo n'iya Ruguru ikomeje gukomera mu gihe AFC/M23 na RDC biteguye guhurira mu bigabiro mu Busuwisi.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


