Burkina Faso yaseshe imitwe ya politiki yose, igena n'abegurirwa imitungo yayo

Burkina Faso yaseshe imitwe ya politiki yose, igena  n'abegurirwa imitungo yayo

Leta ya Burkina Faso yatangaje yaseshe imitwe n’amashyaka yose ya politiki, nyuma y’icyemezo cyafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yabereye i Ouagadougou kuri uyu wa kane, ku wa 29 Mutarama (01), iyobowe na Perezida w’Inzibacyuho, Kapiteni Ibrahim Traoré. Guverinoma ivuga ko iki cyemezo kigamije gukumira amacakubiri yari yaratewe n’ubwiyongere bukabije bw’amashyaka, kongera ubumwe mu gihugu no gushyira mu bikorwa ivugurura ryimbitse ry’imiyoborere ya Leta.

kwamamaza

 

Guverinoma ya Burkina Faso yafashe iki cyemezo gikomeye cyo gusesa imitwe n’amashyaka yose ya politiki yakoreraga muri icyo gihugu, ndetse gishyirwa mu iteka ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri. Ibinyamakuru byo muri Burkinafaso byatangaje ko iki cyemezo cyafashwe gikurikira isesengura ryimbitse ku mikorere y’uburyo politiki iyobowe mu gihugu.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Ubwikorezi, Émile Zerbo, yavuze ko “iki cyemezo gikomeye kandi gikenewe, kiri mu murongo wo kongera kubaka Leta (refondation de l’État), gishingiye ku isuzuma ryagaragaje amakosa menshi n’itandukaniro ryagaragaye mu ikoreshwa ry’amategeko agenga imitwe ya politiki.”

Yongeyeho ko ubwinshi bw’amashyaka bwagize ingaruka mbi, ndetse burushaho gucamo abaturage ibice no guca intege ubumwe bw’igihugu.

Mu rwego rwo gushyigikira iki cyemezo, Guverinoma yanemeje umushinga w’itegeko ukuraho amategeko yagenaga imikorere n’inkunga y’amashyaka ya politiki, ndetse n’itegeko ryagengaga umwanya w’umuyobozi w’imitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi.

Guverinoma ivuga ko iyi ntambwe igamije kongera guhuza Abanya-Burkina Faso, gushimangira ubumwe bw’igihugu no koroshya ishyirwa mu bikorwa rya politiki za Leta mu gihe cy’inzibacyuho.

Naho iteka ryemejwe rigena kandi ko umutungo w’amashyaka yose yaseshe uzegurirwa Leta, mu gihe imishinga y’amategeko ijyanye n’iki cyemezo izoherezwa vuba mu Nteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho kugira ngo iyisuzume.

Iki cyemezo cyerekana icyiciro gishya mu miyoborere ya Burkina Faso, aho ubutegetsi bw’inzibacyuho buvuga ko bwiyemeje guhindura byimbitse imiterere ya politiki hagamijwe ibirimo kunga Abanya-Burkina Faso baciwe mo ibice n'amashyaka ya politike. Ibi bivuze ko uruhande rutavuga rumwe n'ubutegetsi rudafute umwanya muri iki gihugu.

@RFi, Lefaso

 

kwamamaza

Burkina Faso yaseshe imitwe ya politiki yose, igena  n'abegurirwa imitungo yayo

Burkina Faso yaseshe imitwe ya politiki yose, igena n'abegurirwa imitungo yayo

 Jan 29, 2026 - 19:07

Leta ya Burkina Faso yatangaje yaseshe imitwe n’amashyaka yose ya politiki, nyuma y’icyemezo cyafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yabereye i Ouagadougou kuri uyu wa kane, ku wa 29 Mutarama (01), iyobowe na Perezida w’Inzibacyuho, Kapiteni Ibrahim Traoré. Guverinoma ivuga ko iki cyemezo kigamije gukumira amacakubiri yari yaratewe n’ubwiyongere bukabije bw’amashyaka, kongera ubumwe mu gihugu no gushyira mu bikorwa ivugurura ryimbitse ry’imiyoborere ya Leta.

kwamamaza

Guverinoma ya Burkina Faso yafashe iki cyemezo gikomeye cyo gusesa imitwe n’amashyaka yose ya politiki yakoreraga muri icyo gihugu, ndetse gishyirwa mu iteka ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri. Ibinyamakuru byo muri Burkinafaso byatangaje ko iki cyemezo cyafashwe gikurikira isesengura ryimbitse ku mikorere y’uburyo politiki iyobowe mu gihugu.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Ubwikorezi, Émile Zerbo, yavuze ko “iki cyemezo gikomeye kandi gikenewe, kiri mu murongo wo kongera kubaka Leta (refondation de l’État), gishingiye ku isuzuma ryagaragaje amakosa menshi n’itandukaniro ryagaragaye mu ikoreshwa ry’amategeko agenga imitwe ya politiki.”

Yongeyeho ko ubwinshi bw’amashyaka bwagize ingaruka mbi, ndetse burushaho gucamo abaturage ibice no guca intege ubumwe bw’igihugu.

Mu rwego rwo gushyigikira iki cyemezo, Guverinoma yanemeje umushinga w’itegeko ukuraho amategeko yagenaga imikorere n’inkunga y’amashyaka ya politiki, ndetse n’itegeko ryagengaga umwanya w’umuyobozi w’imitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi.

Guverinoma ivuga ko iyi ntambwe igamije kongera guhuza Abanya-Burkina Faso, gushimangira ubumwe bw’igihugu no koroshya ishyirwa mu bikorwa rya politiki za Leta mu gihe cy’inzibacyuho.

Naho iteka ryemejwe rigena kandi ko umutungo w’amashyaka yose yaseshe uzegurirwa Leta, mu gihe imishinga y’amategeko ijyanye n’iki cyemezo izoherezwa vuba mu Nteko Ishinga Amategeko y’Inzibacyuho kugira ngo iyisuzume.

Iki cyemezo cyerekana icyiciro gishya mu miyoborere ya Burkina Faso, aho ubutegetsi bw’inzibacyuho buvuga ko bwiyemeje guhindura byimbitse imiterere ya politiki hagamijwe ibirimo kunga Abanya-Burkina Faso baciwe mo ibice n'amashyaka ya politike. Ibi bivuze ko uruhande rutavuga rumwe n'ubutegetsi rudafute umwanya muri iki gihugu.

@RFi, Lefaso

kwamamaza