
Amerika-Iran: Ubushyamirane bushya mu muhora wa Hormuz bwashyize mu kaga agahenge
May 5, 2026 - 10:14
Agahenge kari hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kari mu marembera nyuma y’imirwano yabereye mu muhora wa Hormuz ku wa 4 Gicurasi (05). Iran yagabye ibitero kuri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), mu gihe ingabo za Amerika zatangaje ko zasenye bimwe mu bikoresho bya gisirikare bya Iran byashakaga kubuza amato kunyura muri uwo muhora.
kwamamaza
Iyi migirire y'impande zombi yatumye impungenge ziyongera mu karere k’Uburasirazuba bwo hagati,cyane ko umuhora wa Hormuz ari inzira inyuramo igice kinini cya peteroli icuruzwa ku Isi. Iran ivuga ko igomba kugenzura uko amato anyura muri uwo muhora, ikanashinja UAE gukorana na Israel mu kuyibangamira.
Mu ijoro ryo ku wa Mbere, Iran yagabye ibitero bya drone na misile ku byambu bya UAE, birimo Al-Fujaïrah, bitera inkongi y’umuriro bikomeretsa abantu batatu. UAE yatangaje ko ibi ari “ukwiyongera gukomeye kw'intambara”, ihita ifata ingamba zirimo gusubukura amasomo hifashishijwe ikoranabuhanga no gukaza ubwirinzi bw’ikirere, aho yavuze ko yanahagaritse misile zisaga 15 na drone enye.
Ibihugu byo mu karere bikomeje kugaragaza impungenge, aho Qatar yihanganishije UAE, mu gihe Israel yatangaje ko iri maso kandi iri ku rwego rwo hejuru rw’ubwiteganyirize, ikomeza gufatanya na Amerika.
Ku rwego mpuzamahanga, Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yamaganye ibi bitero bya Iran, asaba ko habaho gufungura umuhora wa Hormuz no guha umutekano usesuye ibihugu byo mu karere.
Nubwo ibikorwa bya gisirikare bida n'ibikomeje, Iran ntirakura amaso ku biganiro bya dipolomasi. Minisitiri wayo w’ububanyi n’amahanga, Abbas Araghchi, yavuze ko ikibazo nk’iki kidakemurwa n’intambara, anagaragaza ko ibiganiro biri kugenda neza binyuze muri Pakistan.
Ku ruhande rwa Amerika, Perezida Donald Trump aracyitonze, kuko kugeza ubu nta gitero gikomeye arategeka ko kigabwa, nubwo bivugwa ko ategereje impamvu yatuma afata icyemezo gikomeye cya gisirikare.
Ibi bibaye mu gihe ubuhahirane bw’Isi bushobora guhungabana, nubwo sosiyete ya Maersk yatangaje ko ubwato bumwe bwabo bwabashije kunyura muhotabwa Hormuz irinzwe n’ingabo za Amerika nta kibazo.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


