
Perezida Tshisekedi yagaragaje impamvu ibihano bya Amerika kuri Kabila bifite ishingiro
May 7, 2026 - 09:47
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko ibihano Amerika yafatiye uwahoze ayobora iki gihugu, Joseph Kabila, bifite ishingiro kubera uruhare akekwaho mu bibazo by’umutekano bimaze imyaka byugarije Uburasirazuba bwa RDC.
kwamamaza
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 6 Gicurasi (05) 2026 i Kinshasa, Tshisekedi yavuze ko Amerika yabonye ibyo na we yari amaze igihe abona ku ruhare rwa Kabila mu bibazo by’umutekano muke bikomeje kwibasira Uburasirazuba bwa Congo.
Mu kiganiro n'itangazamakuru, yagize ati: “Ibi bihano bifite ishingiro. Abanyamerika babonye ibyo nanjye nabonaga kuva kera.”
Tshisekedi yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifata ibyemezo zishingiye ku nyungu zayo bwite, ashimangira ko zidashobora kwihanganira abantu cyangwa imitwe ibangamira inyungu n’umutekano byazo. Ni mu gihe RD Congo yahaye Amerika urutonde rw'ibirombe birimo ibiri ahagenzurwa na AFC/ M23.
Perezida wa RDC yanaboneyeho gusubiza abanenga amasezerano igihugu cye giherutse kugirana na Amerika, avuga ko nta na rimwe yemera amasezerano cyangwa ubufatanye bwahungabanya ubusugire bwa RDC.
Yagize ati: “Sinari kwemera amasezerano ayo ari yo yose abangamira ubusugire bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Tshisekedi yavuze ko ubufatanye bwa Kinshasa na Washington bugamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa RD Congo, guca intege imitwe yitwaje intwaro no kongera ububasha bwa Leta mu bice bimaze igihe birangwamo umutekano muke.
Ibi bitangajwe mu gihe umwuka wa politiki ukomeje kuba mubi hagati y’ubutegetsi bwa Tshisekedi n’inkambi ya Joseph Kabila, biteza impaka ku ruhare rw’abahoze ku butegetsi mu bibazo by’umutekano RDC imazemo imyaka.
@Radio Okapi
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


