Israël yemeye bwa mbere  ko Abanyapalestina barenga 71.500 baguye muri Gaza

Israël yemeye bwa mbere  ko Abanyapalestina barenga 71.500 baguye muri Gaza

Nyuma y’imyaka irenga ibiri y’intambara ikomeye muri Gaza, igisirikare cya Israël zemeje ku nshuro ya mbere imibare itangazwa na Minisiteri y'ubuzima muri Gaza igaragaza ko Abanyapalestina barenga 71.500 bamaze kugwa muri iyi ntambara yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023. Gusa kivuga ko ibisobanuro birambuye by’iyo mibare bitaratangazwa ku mugaragaro n’inzego zemewe.

kwamamaza

 

Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza, ikorera munsi y'ubuyobozi bw'umutwe Hamas, ivuga ko abantu 71.500 bamaze kugwa mu ntambara ihanganishije Israël na Gaza. Iyi mibare, yamaze igihe kinini ivugwaho impaka, ubu yemejwe ku nshuro ya mbere n’ingabo za Israël, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu.

Ku wa 29 Mutarama (01), umusirikare mukuru wa Israël wabajijwe na RFI yavuze ko  batahakana cyangwa ngo bemeze, ariko yongeraho ko “amakuru yasohotse atagaragaza imibare yemewe ku mugaragaro,” ashimangira ko ibisobanuro by’ukuri bizatangwa binyuze mu miyoboro yemewe gusa.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza yagiye isesengurwa kuva intambara yatangira n’imiryango mpuzamahanga itandukanye, abashakashatsi n’inzego zigenga, hakaba hari ubwumvikane rusange ko yizewe. Kuri ubu, Israël ntikiyihakana ku mugaragaro.

Raporo zitandukanye zagaragaje ko umubare munini w’abishwe ari abasivili, bagera kuri 83 ku ijana nk’uko byatangajwe mu iperereza ry’itangazamakuru ryakozwe muri Kanama (08) 2025. Ingabo za Israël zivuga ko zirimo gukora isesengura rigamije gutandukanya abasirikare n’abasivili bari mu bapfuye.

Ku rundi ruhande ariko, iyi mibare ntirimo iy' Abanyapalestina baburiwe irengero, bashobora kuba bagwiriwe n’amatongo, bigaragaza ko umubare w’abapfuye ushobora kuba urenzeho.

@rfi

 

kwamamaza

Israël yemeye bwa mbere  ko Abanyapalestina barenga 71.500 baguye muri Gaza

Israël yemeye bwa mbere  ko Abanyapalestina barenga 71.500 baguye muri Gaza

 Jan 30, 2026 - 15:18

Nyuma y’imyaka irenga ibiri y’intambara ikomeye muri Gaza, igisirikare cya Israël zemeje ku nshuro ya mbere imibare itangazwa na Minisiteri y'ubuzima muri Gaza igaragaza ko Abanyapalestina barenga 71.500 bamaze kugwa muri iyi ntambara yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023. Gusa kivuga ko ibisobanuro birambuye by’iyo mibare bitaratangazwa ku mugaragaro n’inzego zemewe.

kwamamaza

Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza, ikorera munsi y'ubuyobozi bw'umutwe Hamas, ivuga ko abantu 71.500 bamaze kugwa mu ntambara ihanganishije Israël na Gaza. Iyi mibare, yamaze igihe kinini ivugwaho impaka, ubu yemejwe ku nshuro ya mbere n’ingabo za Israël, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu.

Ku wa 29 Mutarama (01), umusirikare mukuru wa Israël wabajijwe na RFI yavuze ko  batahakana cyangwa ngo bemeze, ariko yongeraho ko “amakuru yasohotse atagaragaza imibare yemewe ku mugaragaro,” ashimangira ko ibisobanuro by’ukuri bizatangwa binyuze mu miyoboro yemewe gusa.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza yagiye isesengurwa kuva intambara yatangira n’imiryango mpuzamahanga itandukanye, abashakashatsi n’inzego zigenga, hakaba hari ubwumvikane rusange ko yizewe. Kuri ubu, Israël ntikiyihakana ku mugaragaro.

Raporo zitandukanye zagaragaje ko umubare munini w’abishwe ari abasivili, bagera kuri 83 ku ijana nk’uko byatangajwe mu iperereza ry’itangazamakuru ryakozwe muri Kanama (08) 2025. Ingabo za Israël zivuga ko zirimo gukora isesengura rigamije gutandukanya abasirikare n’abasivili bari mu bapfuye.

Ku rundi ruhande ariko, iyi mibare ntirimo iy' Abanyapalestina baburiwe irengero, bashobora kuba bagwiriwe n’amatongo, bigaragaza ko umubare w’abapfuye ushobora kuba urenzeho.

@rfi

kwamamaza