Iran yaburiye abasivili batuye hafi y’ingabo za Amerika

Iran yaburiye abasivili batuye hafi y’ingabo za Amerika
Ifoto ry'ishuri ryo muri Iran ryarashweho na Israel

Mu gihe intambara hagati ya Iran, Amerika na Israel imaze hafi ukwezi, Ingabo zidasanzwe za Iran (Gardiens de la Révolution) zasabye abasivili bose kuva hafi y’aho ingabo za Amerika ziri mu Burasirazuba bwo Hagati, zivuga ko zishobora kuhagaba ibitero mu rwego rwo guhangana n’izo ngabo.

kwamamaza

 

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu, izi ngabo za Iran zavuze ko abasivili bagomba kwitandukanya byihuse n’ahari ingabo za Amerika kugira ngo birinde kugirwaho ingaruka n’ibitero bishobora kuhabera.

Zashimangiye ko ingabo za Amerika n’iza Israel ziri gukoresha ahantu hatuwe n'abaturage nk’ingabo zikingira, zivuga ko ari yo mpamvu abasivili bagomba kuhava byihuse.

Ibi bibaye mu gihe intambara ikomeje gukaza umurego ndetse Israel yigambye kwica umuyobozi w'ingabo zidasanzwe za Iran zirwanira mu mazi. Iran na yo iri kugaba ibitero ku birindiro bya Amerika biri mu bihugu birimo Arabia Saoudite, Koweït, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Kurdistan yo muri Iraq.

Mu ijoro ryakeye, umujyi wa Teheran wibasiwe n’ibitero byinshi birimo ibisasu bya missiles, ndetse kimwe muri byo cyaguye hafi ya ambasade ya Pakistan, ibintu byateje impungenge zikomeye.

Ambasade y'Amerika muri Irak

Ibitero byagabwe n’Amerika na Israel na byo byangije bikomeye ibikorwa ndangamateka bya Iran, aho bimaze kwibasira nibura inzu ndangamurage n’inyubako z’amateka zigera ku 120 nk’uko byatangajwe n’inzego z’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, Umuyobozi Mukuru ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri Loni, Volker Türk, yamaganye igitero cyagabwe ku ishuri ryo muri Iran, asaba ko hakorwa iperereza ryihuse kandi rigatanga ubutabera ku bagizweho ingaruka n'icyo gitero.

Gusa Iran yahise yihimura igaba ibitero muri Israel, aho yibasiye Tel-Aviv, Haïfa n’ikibuga cy’indege cya Ben Gourion, ivuga ko yanahanuye indege za gisirikare za Amerika zirimo iza F-16 na F-35.

Muri Koweït na ho, igitero cya drone cyibasiye icyambu gikomeye cya Shuwaikh, cyangiza ibikorwa remezo nubwo nta bantu cyahitanye. Gusa ntiharamenyekana niba ari icyagabwe na Iran, nubwo ubutegetsi bwa Koweït bwavuze ko cyagabwe n'umwanzi.

Iyi ntambara ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere kose, cyane cyane no mu rwego rw'ubukungu kubera ifungwa ry'umuyoboro wa Hormuz unyuzwaho inikomoka kuri peteroli wafunzwe na Iran. 

 

kwamamaza

Iran yaburiye abasivili batuye hafi y’ingabo za Amerika
Ifoto ry'ishuri ryo muri Iran ryarashweho na Israel

Iran yaburiye abasivili batuye hafi y’ingabo za Amerika

 Mar 27, 2026 - 13:29

Mu gihe intambara hagati ya Iran, Amerika na Israel imaze hafi ukwezi, Ingabo zidasanzwe za Iran (Gardiens de la Révolution) zasabye abasivili bose kuva hafi y’aho ingabo za Amerika ziri mu Burasirazuba bwo Hagati, zivuga ko zishobora kuhagaba ibitero mu rwego rwo guhangana n’izo ngabo.

kwamamaza

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatanu, izi ngabo za Iran zavuze ko abasivili bagomba kwitandukanya byihuse n’ahari ingabo za Amerika kugira ngo birinde kugirwaho ingaruka n’ibitero bishobora kuhabera.

Zashimangiye ko ingabo za Amerika n’iza Israel ziri gukoresha ahantu hatuwe n'abaturage nk’ingabo zikingira, zivuga ko ari yo mpamvu abasivili bagomba kuhava byihuse.

Ibi bibaye mu gihe intambara ikomeje gukaza umurego ndetse Israel yigambye kwica umuyobozi w'ingabo zidasanzwe za Iran zirwanira mu mazi. Iran na yo iri kugaba ibitero ku birindiro bya Amerika biri mu bihugu birimo Arabia Saoudite, Koweït, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Kurdistan yo muri Iraq.

Mu ijoro ryakeye, umujyi wa Teheran wibasiwe n’ibitero byinshi birimo ibisasu bya missiles, ndetse kimwe muri byo cyaguye hafi ya ambasade ya Pakistan, ibintu byateje impungenge zikomeye.

Ambasade y'Amerika muri Irak

Ibitero byagabwe n’Amerika na Israel na byo byangije bikomeye ibikorwa ndangamateka bya Iran, aho bimaze kwibasira nibura inzu ndangamurage n’inyubako z’amateka zigera ku 120 nk’uko byatangajwe n’inzego z’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, Umuyobozi Mukuru ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri Loni, Volker Türk, yamaganye igitero cyagabwe ku ishuri ryo muri Iran, asaba ko hakorwa iperereza ryihuse kandi rigatanga ubutabera ku bagizweho ingaruka n'icyo gitero.

Gusa Iran yahise yihimura igaba ibitero muri Israel, aho yibasiye Tel-Aviv, Haïfa n’ikibuga cy’indege cya Ben Gourion, ivuga ko yanahanuye indege za gisirikare za Amerika zirimo iza F-16 na F-35.

Muri Koweït na ho, igitero cya drone cyibasiye icyambu gikomeye cya Shuwaikh, cyangiza ibikorwa remezo nubwo nta bantu cyahitanye. Gusa ntiharamenyekana niba ari icyagabwe na Iran, nubwo ubutegetsi bwa Koweït bwavuze ko cyagabwe n'umwanzi.

Iyi ntambara ikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere kose, cyane cyane no mu rwego rw'ubukungu kubera ifungwa ry'umuyoboro wa Hormuz unyuzwaho inikomoka kuri peteroli wafunzwe na Iran. 

kwamamaza