
Inyeshyamba zishe abasirikare 14 ba Nigeria mu bitero bibiri byagabwe muri Borno
Mar 5, 2026 - 14:17
Abasirikare nibura 14 ba Nigeria bishwe abandi barakomereka mu bitero bibiri byagabwe n’inyeshyamba z’aba-Islamiste mu ijoro ryo ku wa Kabiri mu ntara ya Borno iherereye mu majyaruguru-y’iburasirazuba bwa Nigeria. Ni mu gihe imitwe yitwaje intwaro ikomeje kongera ibitero ku ngabo za leta mu rwego rwo kuzitambamira mu bikorwa bya gisirikare.
kwamamaza
Amakuru avuga ko inkomoko z’ibibazo by'umutekano muke ari abarwanyi bakekwaho kuba abo mu mutwe wa Islamic State West Africa Province (ISWAP) bagabye igitero ku kigo cya gisirikare cya Nigeria kiri mu mujyi wa Ngoshe mu karere ka Gwoza, bakica abasirikare nibura icyenda ndetse n’umuyobozi w’idini (Imam) w’aho.
Abo barwanyi ngo bahatiye abasirikare gusubira inyuma bava ku kigo cyabo cya gisirikare, nyuma bafata imbunda n’amasasu yari ahari. Banashimuse umubare utaramenyekana w’abagore bari muri ako gace.
Mu gihe kimwe kandi, indi mitwe y’inyeshyamba yagabye igitero ku kindi kigo cya gisirikare kiri mu mujyi wa Pulka, na wo uri mu karere ka Gwoza. Muri icyo gitero abasirikare batanu bahasize ubuzima barimo n’umuyobozi w’itsinda rya gisirikare.
Abasirikare bakomerekeye muri ibyo bitero bahise bajyanwa kuvurirwa mu bitaro mu mujyi wa Maiduguri, umurwa mukuru w’intara ya Borno.
Abakurikiranira hafi ibyo muri ako karere bavuga ko ibi bitero byari bigamije gutatanya ingabo za Nigeria no kuzibuza kohereza vuba ingabo zunganira izindi mu bice byatewe.
Igisirikare cya Nigeria ntikiragira icyo gitangaza ku mugaragaro kuri ibi bitero, nubwo byabaye mu gihe kiri mu bikorwa bishya bya gisirikare byo guhashya imitwe y’abahezanguni ikorera mu majyaruguru-y’iburasirazuba bw’iki gihugu.
Iyo mitwe irimo Islamic State West Africa Province na Boko Haram ikomeje kugaba ibitero bikomeye nubwo ingabo za leta zimaze igihe zigerageza gusenya ibirindiro byayo.
Intara ya Borno ikomeje kuba igicumbi cy’intambara imaze imyaka igera kuri 17 hagati y’ingabo za Nigeria n’imitwe y’abahezanguni. Imibare y’imiryango itanga ubutabazi igaragaza ko iyo ntambara imaze guhitana ibihumbi by’abantu, ikanateza impunzi zigera kuri miliyoni ebyiri.
@RFI
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


