
Ibiganiro hagati ya Kinshasa na AFC/M23 byasubukuwe i Doha
Feb 2, 2026 - 17:32
Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’umutwe wa AFC/M23 zasubiye mu biganiro by’amahoro i Doha muri Qatar, nyuma y’igihe bihagaze kuva mu Kwakira (10) k’umwaka ushize, nk’uko uruhande rwa M23 rubyemeza. Ibi biganiro byasubukuwe bigamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yari yarumvikanyweho mbere. Ni mu gihe imirwano igikomeje mu bice bimwe bya Kivu y’Epfo, by’umwihariko i Minembwe.
kwamamaza
Benjamin Mbonimpa, umwe mu bahagarariye AFC/M23, yatangaje ko ibiganiro bikomeje kandi biri mu nzira nziza. Umuvugizi w’uyu mutwe yemereye BBC ko intumwa zabo ziri i Doha, aho ibi biganiro byatangiye ku Cyumweru. Icyakora ku rundi ruhande, Leta ya Kinshasa ntiremeza ko yitabiriye ibi biganiro.
Biteganyijwe ko muri ibi biganiro byasubukuwe habanza gusuzumwa aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano abiri ya mbere rigeze. Aya masezerano arimo protocole yerekeye guhanahana imfungwa z’intambara n’indi ijyanye n’agahenge mu mirwano. M23 ivuga ko muri Kamena (06) umwaka ushize yahaye Leta imfungwa zigera ku 1,400, ikaba itegereje ko na yo irekura imfungwa zirenga 700, mu gikorwa cyagombaga gukurikiranwa na CICR.
Uretse ayo masezerano abiri, haracyari izindi protocole esheshatu zo kuganirwaho, zirimo n’ijyanye n’ibibazo by’ubutabazi, birimo impunzi n’abakuwe mu byabo, aho ifungurwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma aribwo rizaganirwaho.
Ibi byatangajwe mu gihe imirwano ikomeye ikomeje i Minembwe, muri Kivu y’Epfo. Umuvugizi wa gisirikare muri iyo ntara, Lieutenant Mbuyi Reagan, yatangarije Radio Okapi ko ingabo za FARDC na Wazalendo zimaze iminsi itanu zirwana zigamije gusubirana Minembwe. Yemeza ko intego ya nyuma ari Minembwe kandi ko ubu ingabo za Leta zihagaze neza muri iyo mirwano, zirimo kwivuna umwanzi.
@BBC, Radio Okapi
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


