FERWABA yamuritse ikirango cya shampiyona ya Basketball

FERWABA yamuritse ikirango cya shampiyona ya Basketball

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda “FERWABA” ryamuritse ikirango “Logo” cya shampiyona ndetse hanahembwa uwakoze iki kirango.

kwamamaza

 

Uyu muhango wabereye muri Kigali Arena ku wa Gatatu taliki 23 Werurwe 2022 aho Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri FERWABA, Jabo Landry  yanashyikirije sheki y’ibihumbi 500  Mukama D’Amour wakoze  iki kirango.

Mukama D’Amour ashyikirizwa sheki y’ibihumbi 500

Kugeza ubu nyuma y’uko amasezerano ya BK na FERWABA bari bafitanye arangiye, shampiyona y’u Rwanda nta muterankunga ifite. Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri FERWABA, Jabo Landry  avuga ko barimo kuganira n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi bafite icyizere ko mu minsi iri imbere umuterankunga azaboneka.

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo n’abagore kuva taliki 11 Werurwe 2022 yaratangiye ubu igeze ku munsi wa 7 mu bagabo n’umunsi wa 3 mu bagore.

Umujyanama mu bya Tekinike, Habimana Mugwaneza Claudette  atangaza ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo yitabiriwe n’amakipe 14 ari yo REG BBC, Patriots BBC, APR BBC, IPRC Kigali, IPRC Huye, UGB, Shoot 4 Stars BBC, Tigers BBC, 30 Plus, Rusizi BBC, Espoir BBC, IPRC Musanze, UR Huye na UR CMHS.

Mu bagore amakipe yitabiriye shampiyona ni 8 ari yo REG BBC, The Hoops , IPRC Huye, APR BBC, GS Marie Reine, UR Huye, ADEGGI na UR CMHS.

Biteganyijwe ko imikino ibanza izasozwa taliki 05 Gicurasi 2022.

 

kwamamaza

FERWABA yamuritse ikirango cya shampiyona ya Basketball

FERWABA yamuritse ikirango cya shampiyona ya Basketball

 Mar 28, 2022 - 11:21

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda “FERWABA” ryamuritse ikirango “Logo” cya shampiyona ndetse hanahembwa uwakoze iki kirango.

kwamamaza

Uyu muhango wabereye muri Kigali Arena ku wa Gatatu taliki 23 Werurwe 2022 aho Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri FERWABA, Jabo Landry  yanashyikirije sheki y’ibihumbi 500  Mukama D’Amour wakoze  iki kirango.

Mukama D’Amour ashyikirizwa sheki y’ibihumbi 500

Kugeza ubu nyuma y’uko amasezerano ya BK na FERWABA bari bafitanye arangiye, shampiyona y’u Rwanda nta muterankunga ifite. Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri FERWABA, Jabo Landry  avuga ko barimo kuganira n’abafatanyabikorwa batandukanye kandi bafite icyizere ko mu minsi iri imbere umuterankunga azaboneka.

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo n’abagore kuva taliki 11 Werurwe 2022 yaratangiye ubu igeze ku munsi wa 7 mu bagabo n’umunsi wa 3 mu bagore.

Umujyanama mu bya Tekinike, Habimana Mugwaneza Claudette  atangaza ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo yitabiriwe n’amakipe 14 ari yo REG BBC, Patriots BBC, APR BBC, IPRC Kigali, IPRC Huye, UGB, Shoot 4 Stars BBC, Tigers BBC, 30 Plus, Rusizi BBC, Espoir BBC, IPRC Musanze, UR Huye na UR CMHS.

Mu bagore amakipe yitabiriye shampiyona ni 8 ari yo REG BBC, The Hoops , IPRC Huye, APR BBC, GS Marie Reine, UR Huye, ADEGGI na UR CMHS.

Biteganyijwe ko imikino ibanza izasozwa taliki 05 Gicurasi 2022.

kwamamaza