Amerika yatangaje inkunga ya miliyoni $13 yo guhangana na Ebola muri RDC na Uganda

Amerika yatangaje inkunga ya miliyoni $13 yo guhangana na Ebola muri RDC na Uganda

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zatangiye gahunda yihuse yo guhangana n’icyorezo cya Ebola cyibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, zihita zitanga miliyoni 13 z’amadolari mu rwego rwo gufasha ibikorwa byo gukumira no kurwanya iki cyorezo. Ni mu gihe hanafashwe ingamba zikomeye zirimo guhagarika ingendo z’abanyamahanga bavuye muri ibyo bihugu bajya muri Amerika, cyane ko hamaze gutangw umunyamerika wanduye iki cyorezo.

kwamamaza

 

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, yavuze ko mu masaha atarenze 24 nyuma yo kumenya abantu banduye Ebola muri RDC na Uganda, hahise hashyirwaho itsinda rihuza inzego zitandukanye rishinzwe gukurikirana no guhangana n’iki kibazo i Washington D.C.

Ambasade za Amerika muri RDC, u Rwanda, Sudani y’Epfo na Uganda na zo zahise zitangira gukurikirana uko ibintu bihagaze no gutanga amakuru ku baturage b’Abanyamerika bari muri ako karere.

Amerika yavuze ko intego yayo ya mbere ari ukurinda abaturage bayo no gukumira ko iki cyorezo cyagera ku butaka bwayo. Ni muri urwo rwego ku wa 18 Gicurasi (05) 2026, Ikigo cya Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, CDC, cyashyizeho itegeko ribuza abanyamahanga bose bagiye muri RDC, Uganda cyangwa Sudani y’Epfo mu minsi 21 ishize kwinjira muri Amerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze kandi ko iri gukorana bya hafi n’inzego zirimo DHS, CDC n’igisirikare cya Amerika mu gutegura uburyo bwo gutahura no gutahukana Abanyamerika bashobora kuba barahuye n’iki cyorezo, mu gihe hari umunyamerika umwe wamaze gutangazwa ko yanduye iki cyorezo.

Icyakora hatanzwe inkunga ya miliyoni 13 z’amadolari igamije gufasha ibikorwa birimo gukurikirana abanduye, kongerera ubushobozi laboratwari zo gupima, gutanga ubutumwa bwo kwirinda, gushyingura mu buryo bwizewe, kugenzura abinjira n’abasohoka ku mipaka ndetse no kuvura abarwayi ba Ebola.

Amerika yavuze kandi ko iri gutegura indi nkunga y’inyongera izafasha ibikorwa by’ubutabazi no kurwanya Ebola muri RDC na Uganda, ndetse ikaba iri gukorana n’Umuryango w’Abibumbye, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, Ubwongereza n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga kugira ngo iki cyorezo gihagarikwe vuba.

Mu rwego rwo gushimangira ibyo bikorwa, Amerika yatangaje ko ku wa 14 Gicurasi (05) 2026 yemeje inkunga ya miliyari 1.8 z’amadolari izanyuzwa mu kigega cya OCHA, harimo miliyoni 250 z’amadolari zigenewe RDC na Uganda.

 

kwamamaza

Amerika yatangaje inkunga ya miliyoni $13 yo guhangana na Ebola muri RDC na Uganda

Amerika yatangaje inkunga ya miliyoni $13 yo guhangana na Ebola muri RDC na Uganda

 May 19, 2026 - 08:34

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zatangiye gahunda yihuse yo guhangana n’icyorezo cya Ebola cyibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, zihita zitanga miliyoni 13 z’amadolari mu rwego rwo gufasha ibikorwa byo gukumira no kurwanya iki cyorezo. Ni mu gihe hanafashwe ingamba zikomeye zirimo guhagarika ingendo z’abanyamahanga bavuye muri ibyo bihugu bajya muri Amerika, cyane ko hamaze gutangw umunyamerika wanduye iki cyorezo.

kwamamaza

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, yavuze ko mu masaha atarenze 24 nyuma yo kumenya abantu banduye Ebola muri RDC na Uganda, hahise hashyirwaho itsinda rihuza inzego zitandukanye rishinzwe gukurikirana no guhangana n’iki kibazo i Washington D.C.

Ambasade za Amerika muri RDC, u Rwanda, Sudani y’Epfo na Uganda na zo zahise zitangira gukurikirana uko ibintu bihagaze no gutanga amakuru ku baturage b’Abanyamerika bari muri ako karere.

Amerika yavuze ko intego yayo ya mbere ari ukurinda abaturage bayo no gukumira ko iki cyorezo cyagera ku butaka bwayo. Ni muri urwo rwego ku wa 18 Gicurasi (05) 2026, Ikigo cya Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, CDC, cyashyizeho itegeko ribuza abanyamahanga bose bagiye muri RDC, Uganda cyangwa Sudani y’Epfo mu minsi 21 ishize kwinjira muri Amerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze kandi ko iri gukorana bya hafi n’inzego zirimo DHS, CDC n’igisirikare cya Amerika mu gutegura uburyo bwo gutahura no gutahukana Abanyamerika bashobora kuba barahuye n’iki cyorezo, mu gihe hari umunyamerika umwe wamaze gutangazwa ko yanduye iki cyorezo.

Icyakora hatanzwe inkunga ya miliyoni 13 z’amadolari igamije gufasha ibikorwa birimo gukurikirana abanduye, kongerera ubushobozi laboratwari zo gupima, gutanga ubutumwa bwo kwirinda, gushyingura mu buryo bwizewe, kugenzura abinjira n’abasohoka ku mipaka ndetse no kuvura abarwayi ba Ebola.

Amerika yavuze kandi ko iri gutegura indi nkunga y’inyongera izafasha ibikorwa by’ubutabazi no kurwanya Ebola muri RDC na Uganda, ndetse ikaba iri gukorana n’Umuryango w’Abibumbye, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, Ubwongereza n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga kugira ngo iki cyorezo gihagarikwe vuba.

Mu rwego rwo gushimangira ibyo bikorwa, Amerika yatangaje ko ku wa 14 Gicurasi (05) 2026 yemeje inkunga ya miliyari 1.8 z’amadolari izanyuzwa mu kigega cya OCHA, harimo miliyoni 250 z’amadolari zigenewe RDC na Uganda.

kwamamaza