Ubuyobozi bw'Ishuri bwugarijwe n'ubwoba nyuma y’itabwa muri yombi ry’umwana w’imyaka 5 

Ubuyobozi bw'Ishuri bwugarijwe n'ubwoba nyuma y’itabwa muri yombi ry’umwana w’imyaka 5 

Mu nkengero z’umujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ishuri ribanza riri mu bihe bikomeye birimo kugarizwa n'ubwoba n’igitutu nyuma y’uko abashinzwe abinjira n’abasohoka (ICE) bataye muri yombi umwana w’imyaka itanu, Liam Ramos. Uyu mwana wari kumwe na Se bamukuye ku ishuri, bamubajyana gufungirwa muri Texas, mu gikorwa cyafashwe nko gukoresha umwana nk’umutego wo gufata umuryango we.

kwamamaza

 

Ifatwa rya Liam Ramos ryashenguye ababyeyi n’abarezi, rishyira ishuri yigagamo mu gihirahiro cy’umutekano muke ku mpamvu z'abandi banyeshuri bahiga. Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko abakozi ba ICE bahageze Se w’umwana aje  kucyura avuye ku ishuri, bakamukoresha nk’aho ari umutego wo gukurura abandi bo mu muryango. Leta ya Amerika ivuga ko Se wa Liam ari Umunya-Ekwador utagira ibyangombwa byemewe byo kuba muri icyo gihugu.

Liam na Se bahise boherezwa mu kigo gifungirwamo abimukira baba  batawe muri yombi kiba muri  muri Texas, ndetse banashyirwa ku rutonde rw’abashobora kwirukanwa. Ibi byatumye ishuri rifata ingamba zihuse mu masaha yo gutaha, aho abarimu baherekeza abanyeshuri mu gihe gito gishoboka, parikingi ikuzura imodoka ziteguye guhita zigenda.

Abaturage baturiye ishuri biyemeje kuba indorerezi, aho bambara imyenda y'amajure bagatanga impuruza mu gihe bakeka ko ICE iri hafi. Nk’uko inzego z’uburezi zibivuga, mu byumweru bishize abana bane gusa nibo bafashwe mu bihe bisa n’ibi. Ni mu gihe kuri ubu, mu banyeshuri 574 biga muri iri shuri, abarenga 70 ntibakijya mu ishuri kubera ubwoba bwo kuba nabo batabwa muri yombi.

@Rfi

 

kwamamaza

Ubuyobozi bw'Ishuri bwugarijwe n'ubwoba nyuma y’itabwa muri yombi ry’umwana w’imyaka 5 

Ubuyobozi bw'Ishuri bwugarijwe n'ubwoba nyuma y’itabwa muri yombi ry’umwana w’imyaka 5 

 Jan 28, 2026 - 17:19

Mu nkengero z’umujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ishuri ribanza riri mu bihe bikomeye birimo kugarizwa n'ubwoba n’igitutu nyuma y’uko abashinzwe abinjira n’abasohoka (ICE) bataye muri yombi umwana w’imyaka itanu, Liam Ramos. Uyu mwana wari kumwe na Se bamukuye ku ishuri, bamubajyana gufungirwa muri Texas, mu gikorwa cyafashwe nko gukoresha umwana nk’umutego wo gufata umuryango we.

kwamamaza

Ifatwa rya Liam Ramos ryashenguye ababyeyi n’abarezi, rishyira ishuri yigagamo mu gihirahiro cy’umutekano muke ku mpamvu z'abandi banyeshuri bahiga. Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko abakozi ba ICE bahageze Se w’umwana aje  kucyura avuye ku ishuri, bakamukoresha nk’aho ari umutego wo gukurura abandi bo mu muryango. Leta ya Amerika ivuga ko Se wa Liam ari Umunya-Ekwador utagira ibyangombwa byemewe byo kuba muri icyo gihugu.

Liam na Se bahise boherezwa mu kigo gifungirwamo abimukira baba  batawe muri yombi kiba muri  muri Texas, ndetse banashyirwa ku rutonde rw’abashobora kwirukanwa. Ibi byatumye ishuri rifata ingamba zihuse mu masaha yo gutaha, aho abarimu baherekeza abanyeshuri mu gihe gito gishoboka, parikingi ikuzura imodoka ziteguye guhita zigenda.

Abaturage baturiye ishuri biyemeje kuba indorerezi, aho bambara imyenda y'amajure bagatanga impuruza mu gihe bakeka ko ICE iri hafi. Nk’uko inzego z’uburezi zibivuga, mu byumweru bishize abana bane gusa nibo bafashwe mu bihe bisa n’ibi. Ni mu gihe kuri ubu, mu banyeshuri 574 biga muri iri shuri, abarenga 70 ntibakijya mu ishuri kubera ubwoba bwo kuba nabo batabwa muri yombi.

@Rfi

kwamamaza