
Ousmane Sonko yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal
May 26, 2026 - 13:10
Ousmane Sonko wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, kuri uyu wa Kabiri yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko nyuma y’icyumweru kimwe avanywe muri Guverinoma na Perezida Bassirou Diomaye Faye bari bamaze igihe batabanye neza. Ni mu gihe ubutegetsi bw’icyo gihugu bukomeje kugaragaramk impinduka zo ku rwego rwo hejuru.
kwamamaza
Ousmane Sonko yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal ku majwi 132 kuri 133 yatowe, habayemo umuntu umwe wifashe mu gihe nta watoye Oya.
Aya matora yabereye i Dakar kuri uyu wa 26 Gicurasi (05) 2026, ariko ntiyitabirwa n’abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi basaga 30, bavuga ko Sonko atasubijwe mu Nteko mu buryo bwubahirije amategeko.
Sonko asimbuye El Malick Ndiaye wari weguye kuri uwo mwanya ku wa 24 Gicurasi (05), ndetse ahita anatangira inshingano ze nshya.
Itorwa rye rije nyuma y’igihe gito Perezida Bassirou Diomaye Faye amukuye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ku wa 22 Gicurasi (05) ndetse agasesa guverinoma, ibintu byakurikiye umwuka mubi wari umaze iminsi uvugwa hagati y’aba banyapolitiki bombi basanzwe bafatanyije kuyobora Sénégal kandi bari inshuti zikomeye.
Ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi (05), Perezida Faye yahise agena Ahmadou Al Aminou Mohamed Lô nka Minisitiri w’Intebe mushya.
Izi mpinduka zikomeye mu buyobozi bwa Sénégal zigaragaza uburyo ubutegetsi bwa Perezida Faye bukomeje kwisuganya no kongera kwiyubaka nyuma y’ukutumvikana kwabaye hagati ye na Sonko, umwe mu banyapolitiki bafite ijambo rikomeye muri Guverinoma n’ishyaka riri ku butegetsi ari naryo rya Perezida Faye.
@RFI
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


