Brazil: Gusoma igitabo bikugabanyiriza igifungo

Brazil: Gusoma igitabo bikugabanyiriza igifungo

Gusoma igitabo mu gihugu cya Brazil bigabanya igifungo ku mfungwa kugeza ku minsi 48 mu mwaka.

kwamamaza

 

Igihugu cya Brazil ni kimwe mu bikorerwamo ibyaha byinshi muri Amerika y’Amajyepfo. Ibi byaha kenshi usanga biterwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge birimo Urumogi, cocaine , mugo n'ibindi. Mu rwego rwo kugirango hagabanywe igihe imfungwa zimara muri gereza hashyizweho uburyo bwo gusoma ibitabo.

Mu itegeko ryo mu igazeti ya Leta yo muri 2012 rivuga ko imfungwa ishoboye gusoma ibitabo 12 bitandukanye birimo iby’ubuvanganzo agabanyirizwa iminsi y’igifungo kugera kuri 48 mu mwaka.

Uwasomye igitabo akora inyandiko ivuga ibyo yacyumvisemo akayitanga ku babishinzwe ubundi hakemezwa iminsi y’igifungo agabanyirizwa.

Usibye kuba iyi gahunda yiswe “Redemption through reading” igamije kugabanya igihe imfungwa muri gereza ariko inagamije gushyira imbaraga mu burezi no gufasha guhindura imyumvire y’imfungwa kugira ngo zijye zijya muri sosiyete zarahinduye imyumvire.

Ubusanzwe usanga no mu bindi bihugu imfungwa zaho zisoma ibitabo mu rwego rwo kugirango iminsi y’icume ndetse ziyungure n’ubumenyi

Ivomo: Financial The Express

Yanditswe na Iratubona Grace

 

kwamamaza

Brazil: Gusoma igitabo bikugabanyiriza igifungo

Brazil: Gusoma igitabo bikugabanyiriza igifungo

 Apr 15, 2025 - 12:34

Gusoma igitabo mu gihugu cya Brazil bigabanya igifungo ku mfungwa kugeza ku minsi 48 mu mwaka.

kwamamaza

Igihugu cya Brazil ni kimwe mu bikorerwamo ibyaha byinshi muri Amerika y’Amajyepfo. Ibi byaha kenshi usanga biterwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge birimo Urumogi, cocaine , mugo n'ibindi. Mu rwego rwo kugirango hagabanywe igihe imfungwa zimara muri gereza hashyizweho uburyo bwo gusoma ibitabo.

Mu itegeko ryo mu igazeti ya Leta yo muri 2012 rivuga ko imfungwa ishoboye gusoma ibitabo 12 bitandukanye birimo iby’ubuvanganzo agabanyirizwa iminsi y’igifungo kugera kuri 48 mu mwaka.

Uwasomye igitabo akora inyandiko ivuga ibyo yacyumvisemo akayitanga ku babishinzwe ubundi hakemezwa iminsi y’igifungo agabanyirizwa.

Usibye kuba iyi gahunda yiswe “Redemption through reading” igamije kugabanya igihe imfungwa muri gereza ariko inagamije gushyira imbaraga mu burezi no gufasha guhindura imyumvire y’imfungwa kugira ngo zijye zijya muri sosiyete zarahinduye imyumvire.

Ubusanzwe usanga no mu bindi bihugu imfungwa zaho zisoma ibitabo mu rwego rwo kugirango iminsi y’icume ndetse ziyungure n’ubumenyi

Ivomo: Financial The Express

Yanditswe na Iratubona Grace

kwamamaza