Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge nyuma y'ibitero byagabwe n'impande zombi

Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge nyuma y'ibitero byagabwe n'impande zombi

Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge kari kashyizweho mu ntambara yo mu Burasirazuba bwo hagati. Ni nyuma y’ibitero byabereye mu muhora wa Hormuz ku wa 7 Gicurasi (05) 2026, aho buri ruhande ruvuga ko rwarashe rwihimura ku rundi. Ibi byatumye impungenge z’umutekano w’ubwikorezi bwa peteroli ku Isi zikomeza kwiyongera. 

kwamamaza

 

Mu gihe hari hamaze iminsi havugwa agahenge hagati ya Amerika na Iran, ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko ingabo za Amerika zivuze ko zagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Iran, ziyishinja kugaba ibitero ku mato yayo atatu ya destroyers yanyuraga mu muhora wa Hormuz.

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Amerika bwatangaje ko bwahanganye n’ibitero bya missiles, drones n’utwato duto tw’intambara twaturutse muri Iran, mbere yo kugaba ibitero byiswe ibyo kwirwanaho ku birindiro birimo aho misile na drone, ibigo bigenzura ibikorwa bya gisirikare n’iby’ubutasi.

Iran na yo yahise ishinja Amerika kurenga ku gahenge, ivuga ko yabanje kugaba igitero ku bubiko bwayo bwa peteroli n’andi mato ari hafi y’umuhora wa Hormuz. Igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyahise gisubiza icyo gitero, kigatera amato ya gisirikare ya Amerika, kivuga ko cyayangije bikomeye.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko nubwo habayeho kurasana hagati y’impande zombi, ariko agahenge kagihari. Ndetse yahishuye ko Iran yarashe ku mato akomeye yayo ya destroyers nayo ikirwanaho.

Yongeye kuburira Iran ko izahura n’ibitero “bikomeye kandi bikaze” nidashyira umukono ku masezerano mashya agamije guhagarika intambara burundu.

Ku rundi ruhande, Amerika n’ibihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu birimo Bahrain, Arabie Saoudite, Qatar, Kuwait na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byasabye Akanama k’umutekano ka Loni kwamagana Iran no kuyisaba guhagarika ibikorwa byo kubangamira urujya n’uruza rw’amato mu muhora wa Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku Isi.

Icyakora, Uburusiya bwamaze kugaragaza ko bushobora gukoresha  ububasha bwayo bwa veto bukabuza icyo cyemezo gutambuka, mu gihe Iran ivuga ko uwo mushinga wa Loni ufite impamvu za politiki.

Izi mvururu zakomeje no kugira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu byinshi. Muri Mozambique, leta yazamuye igiciro cya mazutu ku kigero cya 46% kubera izamuka rikabije ry’igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga, ryatewe n’ifungwa ry’umuhora wa Hormuz. Peteroli yavuye ku madolari 60 ku kagunguru igera hafi ku 100 kuva intambara yatangira gukaza umurego muri Iran.

@RFI

 

kwamamaza

Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge nyuma y'ibitero byagabwe n'impande zombi

Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge nyuma y'ibitero byagabwe n'impande zombi

 May 8, 2026 - 10:33

Amerika na Iran bikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge kari kashyizweho mu ntambara yo mu Burasirazuba bwo hagati. Ni nyuma y’ibitero byabereye mu muhora wa Hormuz ku wa 7 Gicurasi (05) 2026, aho buri ruhande ruvuga ko rwarashe rwihimura ku rundi. Ibi byatumye impungenge z’umutekano w’ubwikorezi bwa peteroli ku Isi zikomeza kwiyongera. 

kwamamaza

Mu gihe hari hamaze iminsi havugwa agahenge hagati ya Amerika na Iran, ibintu byongeye kuzamba nyuma y’uko ingabo za Amerika zivuze ko zagabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Iran, ziyishinja kugaba ibitero ku mato yayo atatu ya destroyers yanyuraga mu muhora wa Hormuz.

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Amerika bwatangaje ko bwahanganye n’ibitero bya missiles, drones n’utwato duto tw’intambara twaturutse muri Iran, mbere yo kugaba ibitero byiswe ibyo kwirwanaho ku birindiro birimo aho misile na drone, ibigo bigenzura ibikorwa bya gisirikare n’iby’ubutasi.

Iran na yo yahise ishinja Amerika kurenga ku gahenge, ivuga ko yabanje kugaba igitero ku bubiko bwayo bwa peteroli n’andi mato ari hafi y’umuhora wa Hormuz. Igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyahise gisubiza icyo gitero, kigatera amato ya gisirikare ya Amerika, kivuga ko cyayangije bikomeye.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko nubwo habayeho kurasana hagati y’impande zombi, ariko agahenge kagihari. Ndetse yahishuye ko Iran yarashe ku mato akomeye yayo ya destroyers nayo ikirwanaho.

Yongeye kuburira Iran ko izahura n’ibitero “bikomeye kandi bikaze” nidashyira umukono ku masezerano mashya agamije guhagarika intambara burundu.

Ku rundi ruhande, Amerika n’ibihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu birimo Bahrain, Arabie Saoudite, Qatar, Kuwait na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byasabye Akanama k’umutekano ka Loni kwamagana Iran no kuyisaba guhagarika ibikorwa byo kubangamira urujya n’uruza rw’amato mu muhora wa Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku Isi.

Icyakora, Uburusiya bwamaze kugaragaza ko bushobora gukoresha  ububasha bwayo bwa veto bukabuza icyo cyemezo gutambuka, mu gihe Iran ivuga ko uwo mushinga wa Loni ufite impamvu za politiki.

Izi mvururu zakomeje no kugira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu byinshi. Muri Mozambique, leta yazamuye igiciro cya mazutu ku kigero cya 46% kubera izamuka rikabije ry’igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga, ryatewe n’ifungwa ry’umuhora wa Hormuz. Peteroli yavuye ku madolari 60 ku kagunguru igera hafi ku 100 kuva intambara yatangira gukaza umurego muri Iran.

@RFI

kwamamaza