Meddy na Mimi babyaye umukobwa

Meddy na Mimi babyaye umukobwa

Ngabo Médard Jobert ‘Meddy’ uri mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda, nyuma yuko abinyujije ku mbuga nkoranyambaga agashyira hanze ifoto igaragaza ko umufasha we ko akuriwe n’inda nkuru nyuma gato bahise bibaruka umukobwa w’Imfura yabo.

kwamamaza

 

Aya makuru yaje gusakara nyuma yuko inshutize za hafi zirimo Lick Lick, Adrien Misigaro nabandi benshi, bahise bifuriza ishya n’ihirwe aba babyeyi bashya ku bw’umwana w’umukobwa bungutse.

Muri Gicurasi 2021 nibwo Ngabo Médard Jobert ndetse na Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia barushinze nyuma y’igihe kinini bakundana, n’ibirori by’ubukwe bwabereye muri Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki 22 Gicurasi 2021, byitabirwa na benshi mu byamamare mu Rwanda barimo King James, K8 Kavuyo, Shaffy, The Ben wanaririmbiye abageni, Adrien Misigaro, Miss Grace Bahati n’abandi.

Urukundo rwa Meddy na Mimi rwatangiye kuvugwa mu itangazamakuru kuva muri Kanama 2017.

Muri Kanama 2018, Mimi kwiyumanganya byaranze maze asuka hanze amarangamutima ye yifuriza isabukuru uyu muhanzi.

Icyo gihe yashyize kuri Instagram ifoto ari kumwe na Meddy, ayiherekeza amagambo y’Ikinyarwanda amubwira ati “Mutima wanjye, ndagukunda”, arangije ashyiraho utumenyetso tw’umutima.

Urukundo rwakomeje kugurumana kugeza aho Mimi yifataga rimwe na rimwe akandika ku mbuga nkoranyambaga amagambo agaragaza ko ariwe mukobwa ubayeho neza ku Isi kubera urukundo ahabwa na Meddy.

 

kwamamaza

Meddy na Mimi babyaye umukobwa

Meddy na Mimi babyaye umukobwa

 Mar 28, 2022 - 11:27

Ngabo Médard Jobert ‘Meddy’ uri mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda, nyuma yuko abinyujije ku mbuga nkoranyambaga agashyira hanze ifoto igaragaza ko umufasha we ko akuriwe n’inda nkuru nyuma gato bahise bibaruka umukobwa w’Imfura yabo.

kwamamaza

Aya makuru yaje gusakara nyuma yuko inshutize za hafi zirimo Lick Lick, Adrien Misigaro nabandi benshi, bahise bifuriza ishya n’ihirwe aba babyeyi bashya ku bw’umwana w’umukobwa bungutse.

Muri Gicurasi 2021 nibwo Ngabo Médard Jobert ndetse na Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia barushinze nyuma y’igihe kinini bakundana, n’ibirori by’ubukwe bwabereye muri Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki 22 Gicurasi 2021, byitabirwa na benshi mu byamamare mu Rwanda barimo King James, K8 Kavuyo, Shaffy, The Ben wanaririmbiye abageni, Adrien Misigaro, Miss Grace Bahati n’abandi.

Urukundo rwa Meddy na Mimi rwatangiye kuvugwa mu itangazamakuru kuva muri Kanama 2017.

Muri Kanama 2018, Mimi kwiyumanganya byaranze maze asuka hanze amarangamutima ye yifuriza isabukuru uyu muhanzi.

Icyo gihe yashyize kuri Instagram ifoto ari kumwe na Meddy, ayiherekeza amagambo y’Ikinyarwanda amubwira ati “Mutima wanjye, ndagukunda”, arangije ashyiraho utumenyetso tw’umutima.

Urukundo rwakomeje kugurumana kugeza aho Mimi yifataga rimwe na rimwe akandika ku mbuga nkoranyambaga amagambo agaragaza ko ariwe mukobwa ubayeho neza ku Isi kubera urukundo ahabwa na Meddy.

kwamamaza